RWANDA

Uruganda rukumbi rukora Isukari mu Rwanda rwahagaritse imirimo yarwo

Imirimo y’uruganda rukumbi rw’Isukari mu Rwanda (Kabuye Sugar Works) rwabaye rufunze imiryango by’agateganyo, nyuma y’uko ubuso rwakoreragaho ubuhinzi bwibasiwe n’ibiza.

Advertisements

Kugeza ubu hegitari 700 kuri hegitari 2000 ruhingaho ibisheke rukoramo isukari zangijwe n’ibiza mu bihe bitandukanye.

Mu masaha ya mbere ya saa Sita, kuri uyu wa Gatatu taliki 06 Werurwe 2024 uru ruganda nibwo rwatangaje ko rwabaye rufunze imiryango rukabanza kureba aho ikirere cyerekeza.

Uretse abayobozi barwo n’abandi bakozi bake, abandi bakozi bari mu ngo zabo. Ni nyuma y’uko uru ruganda ruhagaritse by’agateganyo gukora isukari.

Umuyobozi ushizwe Ubutegetsi mu Ruganda rwa Kabuye, Habimana Anselme, avuga ko iki kibazo cyatewe ahanini n’ibishanga bakuragamo ibisheke byamaze kuzura.

Hari ibilometero bisaga 50 by’ingarani uru ruganda rurimo gutunganya zizajya ziyobora amazi, nk’igisubizo babona cyagabanya ibihombo uru ruganda rukomeje kugira.

Igishanga cyakurwagamo ibisheke n’uru ruganda bavuga ko cyarengewe Photo:Cyril NDEGEYA

Abahinzi basaga 3500 basanzwe bagemura ibisheke kuri uru ruganda nabo bararira ayo kwarika, bitewe n’igihombo batewe n’uko imirima yabo yamaze kwangirika.

Kugeza ubu toni y’ibisheke umuturage yishyurwa ibihumbi 30 by’amafaranga y’u Rwanda n’uru ruganda.

Gusa hari abasanga kuba uru ruganda ari rumwe mu gihugu na byo byaba imbogamizi ikomeye yo kubura aho bagemura umusaruro w’ibisheke mu gihe uru ruba rwahagaze.

Ubusanzwe Uruganda rw’Isukari rwa Kabuye, rufite hegitari 2,000 ruhingaho ibisheke.

Mu mezi asaga atatu gusa, hegitari zisaga 700 ni zo zimaze kwangirika, byatumye ingano ya toni batunganyaga ku munsi igabanukaho toni zisaga 200 zose.

Ubuyobozi bw’uru ruganda buvuga ko bwamaze gukora inyigo yo kubaka urundi ruganda rw’isukari mu Karere ka Kayonza ndetse iyo nyigo ikaba yaragejejwe mu nzego nkuru z’Igihugu.

Kugeza ubu uturere icyenda ni two Leta yahayemo rwiyemezamirimo w’Uruganda Kabuye Sugar Works ubutaka ngo abubyaze umusaruro.

Uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya toni z’ibisheke zisaga 600 ku munsi zikavamo toni 50 z’isukari.

100% by’umusaruro w’ibisheke uru ruganda rutunganya, 60% ni uva mu bahinzi mu gihe 40% usarurwa mu bishanga rwahawe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago