MU MAHANGA

M23 nyuma yo gufata utundi duce yageze na Walikale bwa mbere

Kuri uyu wa Gatanu, Umutwe wa M23 wigaruriye uduce twa Kashuga na Misinga duherereye ku bilometero bibarirwa mu icumi uvuye i Mweso nyuma yo gutsinda FARDC.

Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa 08 Werurwe 2024, urugamba rwahinanye ahakikije Mweso muri gurupema ya Bashali-Mokoto birangira M23 yigaruriye turiya duce twombi.

Iyi ntambara yabaye nyuma y’uko ku wa kane hari haraye agahenge.

Abasesenguzi bavuga ko kuva umutwe wa M23 washingwa aribwo bwa mbere ukandagije ibirenge mu bice bya Teritware ya Walikare dore ko agace ka Gashuga ari naho kabarizwa.

Amakuru aturuka mu bayobozi gakondo ba hariya avuga ko inyeshyamba za M23 zabashije gufata uduce twa Kashuga na Misinga muri km 10 uva Mweso ugana mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba.

Izi nyeshyamba ziri kwerekeza ahitwa Kalembe ku rugabaniro rwa Masisi na Walikare.

Izi nyeshyamba zigaruriye kandi uduce twa Nyanzale, Kikuku, Kibirizi, Somi Kivu n’uturere tuyikikije ku butaka bwa Rutshuru.

Amakuru avuga ko uku gutsinda ku izi nyeshyamba mu majyaruguru kurashyira igitutu ku bice bya Rwindi ndetse na Vitshumbi ku kiyaga cya Edward.

Umukozi wo mu Nteko ishinga amategeko ushinzwe urubyiruko muri Rutshuru, yahamagariye guverinoma gufatana uburemere iki kibazo.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano yibanda mu gace ka Busendo, muri parike y’igihugu ya Virunga, kuri nationale numéro 2 mu majyaruguru ya Kiwanja, muri teritwari ya Rutshuru.

Kuri uyu wa gatanu nanone, FARDC yahanganye na M23 mu itsinda rya Bashali-Mokoto, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umujyi wa Mwesso, mu karere ka Masisi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago