Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga, yasuye abakinnyi ba APR FC mbere y’uko yesurana na Rayon Sports mu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu.
APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko Gen Mubarakh Muganga usanzwe ari umuyobozi wayo w’icyubahiro “yashakaga kureba imyiteguro y’abakinnyi ndetse no kubamenyesha ko abashyigikiye, mbere yo guhura n’umukeba wabo w’ibihe byose”.
Kapiteni Niyomugabo Claude mu ijambo rye nk’uyoboye bagenzi be yashimiye Umuyobozi w’icyubahiro wigoye mu kazi ke akaza kubatera ingabo mu bitugu bityo bikaba bibatera imbaraga mu nshingano zabo, Claude amwizeza nawe ko icyizere cyo gutsinda Murera uyu munsi ari cyose.
Umukino uri buhuze aya makipe yombi asanzwe ahaganye mu bigwi uteganyijwe kuba Saa cyenda z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona uza kubera kuri Kigali Pele Stadium.
APR Fc ya mbere ku rutonde rwa shampiyona kuri ubu irarusha Rayon Sports ya kabiri amanota 10, gusa ni yo iri ku gitutu cyo gutsinda umukino wo ku munsi w’ejo bijyanye n’uko itanu iheruka guhuza amakipe yombi nta n’umwe batsinzemo.
Amakipe yombi aheruka guhura mu Ugushyingo 2023 mu mukino wa shampiyona warangiye aguye miswi 0-0.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…