IMIKINO

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yahuye n’abakinnyi ba APR Fc mbere y’uko besurana na Rayon Sports

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga, yasuye abakinnyi ba APR FC mbere y’uko yesurana na Rayon Sports mu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu.

Advertisements

APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko Gen Mubarakh Muganga usanzwe ari umuyobozi wayo w’icyubahiro “yashakaga kureba imyiteguro y’abakinnyi ndetse no kubamenyesha ko abashyigikiye, mbere yo guhura n’umukeba wabo w’ibihe byose”.

Gen Mubarakh yasuye abakinnyi ba APR Fc

Kapiteni Niyomugabo Claude mu ijambo rye nk’uyoboye bagenzi be yashimiye Umuyobozi w’icyubahiro wigoye mu kazi ke akaza kubatera ingabo mu bitugu bityo bikaba bibatera imbaraga mu nshingano zabo, Claude amwizeza nawe ko icyizere cyo gutsinda Murera uyu munsi ari cyose.

Kapiteni Claude ubwo yashimiraga Umuyobozi w’icyubahiro w’ikipe ya APR Fc

Umukino uri buhuze aya makipe yombi asanzwe ahaganye mu bigwi uteganyijwe kuba Saa cyenda z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona uza kubera kuri Kigali Pele Stadium.

APR Fc ya mbere ku rutonde rwa shampiyona kuri ubu irarusha Rayon Sports ya kabiri amanota 10, gusa ni yo iri ku gitutu cyo gutsinda umukino wo ku munsi w’ejo bijyanye n’uko itanu iheruka guhuza amakipe yombi nta n’umwe batsinzemo.

Amakipe yombi aheruka guhura mu Ugushyingo 2023 mu mukino wa shampiyona warangiye aguye miswi 0-0.

Abakinnyi ba APR Fc biteguye gutanga ibyishimo ku bakunzi bayo

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago