IMIKINO

Dynamo BBC yo mu Burundi yahanwe mu irushanwa rya BAL kubera kwanga kwambara Visit Rwanda

Dynamo BBC ihagarariye u Burundi mu marushanwa ya BAL yamaze guhanwa izira kwica amahame ajyanye n’irushanwa birimo kutambara ibirango bya Visit Rwanda.

Advertisements

Mu itangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall yahamije ko ikipe ya Dynamo BBC yarihagarariye igihugu cy’u Burundi mu mikino ya BAL (Basketball Africa League), itewe mpanga kubera kwica amabwiriza agenga irushanwa. 

Ku munsi w’ejo nibwo ikipe ya Dynamo BBC yinjiye mu kibuga itambaye ibirango bya Visit Rwanda ubwo bahuraga n’ikipe yo muri Afurika y’Epfo yitwa Cape Town Tigers, umukino warangiye iyoboye n’intsinzi.

Amakipe yose yitabiriye irushanwa rya BAL asabwa kwambara ikirango cya Visit Rwanda

Ni itsinzi yanishimiwe n’abarimo Perezida w’igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye wabigaragaje abinyujije ku rubuga rwa X.

Amakuru avuga ko ubusanzwe ubwo ikipe ya Dynamo BBC yageraga mu gihugu cya Afurika y’Epfo, hari abayobozi bakomeye bohereje ubutumwa bayibwira ko batagomba kujya mu kibuga bambaye imyambaro iriho ibirango bya Visit Rwanda.

Ikipe ya Dynamo BBC yaserutse mu irushanwa rya BAL yahishe ibirango bya Visit Rwanda

Iyi Visit Rwanda isanzwe ari umuterankunga w’irushanwa rya BAL kuva yatangira.

Dynamo BBC itewe mpanga mugihe yari yiteguye guhura n’ikipe ya FUS Rabat Basketball yo muri Maroc kuri iki Cyumweru tariki 10 Werurwe 2024.

U Burundi n’u Rwanda bimaze iminsi bitameranye neza muri politike ibintu bihabanye na siporo muri rusange.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago