MU MAHANGA

Bucura wa Museveni yatandukanye n’uwari umugabo we

Diana Kyaremera Kamuntu bucura bwa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yatandukanye na Geoffrey Kamuntu wari umugabo we.

Diana ku rubuga rwe rwa Instagram yemeje ayo makuru, avuga ko yari yaragerageje kudashyira ku karubanda amakuru ye ya gatanya ku bw’abana be.

Yakomeje agira ati: “Gusa ndumva kuri ubu nkeneye kubitangaza. Mbatangarije ko natandukanye [n’umugabo we] n’umutima uremereye”.

Diana yemeje itandukana rye n’uwari umugabo we Geoffrey

Uyu mugore yanashyize kuri Instagram ye urwandiko rw’urukiko rwo muri 2022 rwemeza ko yari yasabye gusesa ugushyingiranwa kwe na Geoffrey Kamuntu.

Diana yari yarashyingiranwe na Kamuntu usanzwe ari umucuruzi ukomeye mu mujyi wa Kampala muri Nyakanga 2004.

Bakoze ubukwe mu mwaka 2004

Uyu mukobwa wa Perezida Yoweri Museveni yigeze kubwira kimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda ko we n’uriya mugabo bahuriye mu rugo rwa Natasha Karugire usanzwe ari umuvandimwe we, nyuma bisanga mu rukundo.

Yavuze ko “Namukunze kubera ko ari muremure cyane kandi akaba ari mwiza. Ikindi ni umuntu utuje byoroshye kumenya”.

Kugeza ubu ntihazwi icyatumye bariya bombi batandukana.

Muri 2022 cyakora Diana yari yasabye Ikigo gishinzwe indangamuntu muri Uganda kumuha uburenganzira bwo kutongera gukoresha izina ’Kamuntu’ ry’umugabo we nk’izina rye.

Icyo gihe iteka ryasohotse mu igazeti ya Leta ryagaragazaga ko yifuza kwitwa Diana Museveni Kyaremera.

ChimpReports yanditse ko mbere y’uko uyu mugore atandukana n’umugabo we umuryango wabo wagerageje kubunga kenshi, gusa biba iby’ubusa.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago