MU MAHANGA

Bucura wa Museveni yatandukanye n’uwari umugabo we

Diana Kyaremera Kamuntu bucura bwa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yatandukanye na Geoffrey Kamuntu wari umugabo we.

Advertisements

Diana ku rubuga rwe rwa Instagram yemeje ayo makuru, avuga ko yari yaragerageje kudashyira ku karubanda amakuru ye ya gatanya ku bw’abana be.

Yakomeje agira ati: “Gusa ndumva kuri ubu nkeneye kubitangaza. Mbatangarije ko natandukanye [n’umugabo we] n’umutima uremereye”.

Diana yemeje itandukana rye n’uwari umugabo we Geoffrey

Uyu mugore yanashyize kuri Instagram ye urwandiko rw’urukiko rwo muri 2022 rwemeza ko yari yasabye gusesa ugushyingiranwa kwe na Geoffrey Kamuntu.

Diana yari yarashyingiranwe na Kamuntu usanzwe ari umucuruzi ukomeye mu mujyi wa Kampala muri Nyakanga 2004.

Bakoze ubukwe mu mwaka 2004

Uyu mukobwa wa Perezida Yoweri Museveni yigeze kubwira kimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda ko we n’uriya mugabo bahuriye mu rugo rwa Natasha Karugire usanzwe ari umuvandimwe we, nyuma bisanga mu rukundo.

Yavuze ko “Namukunze kubera ko ari muremure cyane kandi akaba ari mwiza. Ikindi ni umuntu utuje byoroshye kumenya”.

Kugeza ubu ntihazwi icyatumye bariya bombi batandukana.

Muri 2022 cyakora Diana yari yasabye Ikigo gishinzwe indangamuntu muri Uganda kumuha uburenganzira bwo kutongera gukoresha izina ’Kamuntu’ ry’umugabo we nk’izina rye.

Icyo gihe iteka ryasohotse mu igazeti ya Leta ryagaragazaga ko yifuza kwitwa Diana Museveni Kyaremera.

ChimpReports yanditse ko mbere y’uko uyu mugore atandukana n’umugabo we umuryango wabo wagerageje kubunga kenshi, gusa biba iby’ubusa.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago