POLITIKE

Perezida Kagame yemeye guhura na mugenzi we wa RDC, Felix Tshisekedi

Biteganijwe ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, azahura na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), Félix Tshisekedi, mugihe cya vuba i Luanda ahazafatirwa imyanzuro, hagamijwe gukemura ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi.

Ni amakuru yatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Téte António aho yahamirije itangazamakuru i Luanda ko abakuru b’ibihugu byombi bagiye guhura.

Minisitiri Téte ibi yabivuze ubwo hasozwaga inama yahuje Perezida wa Repubulika ya Angola, João Lourenço na Paul Kagame, mu ruruzinduko rwe rumara amasaha make yagiriye muri icyo gihugu.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Téte António yahamirije itangazamakuru ko Perezida w’u Rwanda yemeye guhura na mugenzi we wa Kongo Felix Tshisekedi

Nk’uko Téte António abitangaza ngo João Lourenço yashyizweho n’Umuryango w’Afurika Yunze ubumwe nk’umuhuza kugira ngo akemure ikibazo cy’umubano hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’u Rwanda, harimo n’ikibazo kijyanye na M23.

Muri iyo nama hemejwe, bidatinze, ko Perezida Paul Kagame yemeye kubonana na Félix Tshisekedi, ku munsi bazaba barikumwe n’umuhuza.

Uku kwemeza kwa Perezida Kagame kwemera guhura na mugenzi we wa Kongo bije nyuma y’uko uruhande rwa Kongo narwo rwemeye ibiganiro by’amahoro n’uwo bafitanye ikibazo (Rwanda).

Ibi bishimangira ko aribyo bisubizo by’inama yahuje abakuru b’ibihugu byombi hagamijwe gukomeza ingufu z’abunzi mu gushaka amahoro n’ubwiyunge mu karere, cyane cyane mu burasirazuba bwa DRC.

Urugendo rwa Perezida Paul Kagame i Luanda ruje nyuma y’ibyumweru bibiri gusa rukurikiye urwakozwe na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi, wanabonanye na Perezida João Lourenço.

Nyuma y’iyo nama, hatangajwe ko Tshisekedi yemeye kuzahura na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame kugira ngo baganire ku kibazo cy’ubushyamirane hagati y’ibihugu byombi bisanzwe ari n’ibituranye ku bigendanye n’imitwe yitwaje intwaro irangwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yageze muri Angola

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago