Nyuma y’uko abarundi bari bemeye gukina amarushanwa ya BAL bambaye Vist Rwanda, amakuru mashya ni uko bongeye kubuzwa kwambara iyo myambara iriho umuterankunga w’irushanwa ariwe Visit Rwanda.
Ku munsi w’ejo hashize nibwo amakuru y’uko bemeye gukomeza irushanwa bambaye imyenda iriho Vist Rwanda yamenyekanye, aho yemezaga ko bazakomeza irushanwa ndetse bakanubahiriza amategeko yaryo yose uko yakabaye.
Mu butumwa bahawe ahagana saa Tanu z’ijoro zishyira saa Sita z’ijoro zo ku munsi w’ejo hashize tariki ya 11 Werurwe 2024, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu gihugu cy’u Burundi, Febabu, ryandikiye iyi kipe riyibuza gukinana umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda.’
Febabu yabwiye Dynamo BBC ko gukinana imyenda iriho ibirango bya ‘Visit Rwanda’ bitemewe na Febabu. Basabwe gukinana imyenda basanzwe bakinisha muri shampiyona y’i Burundi iriho ibirango by’iyi kipe gusa.
Si ibyo gusa, ahubwo babwiwe ko batemerewe gukinana imyambaro iriho ibirango by’Umuterankunga w’irushanwa ari we ‘Visit Rwanda.’
Kwanga gukinisha iyi myambaro ku nshuro ya Kabiri byabaviramo guterwa mpaga ku nshuro ya Kabiri mu irushanwa rimwe ndetse baba banasezerewe muri iryo rushanwa.
Biteganyijwe ko ku wa Kabiri tariki ya 12 Werurwe 2024, Dynamo BBC iratana mu mitwe na Petro de Luanda yo muri Angola saa Kumi z’umugoroba.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…