POLITIKE

Perezida Kagame yemeye guhura na mugenzi we wa RDC, Felix Tshisekedi

Biteganijwe ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, azahura na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), Félix Tshisekedi, mugihe cya vuba i Luanda ahazafatirwa imyanzuro, hagamijwe gukemura ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi.

Ni amakuru yatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Téte António aho yahamirije itangazamakuru i Luanda ko abakuru b’ibihugu byombi bagiye guhura.

Minisitiri Téte ibi yabivuze ubwo hasozwaga inama yahuje Perezida wa Repubulika ya Angola, João Lourenço na Paul Kagame, mu ruruzinduko rwe rumara amasaha make yagiriye muri icyo gihugu.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Téte António yahamirije itangazamakuru ko Perezida w’u Rwanda yemeye guhura na mugenzi we wa Kongo Felix Tshisekedi

Nk’uko Téte António abitangaza ngo João Lourenço yashyizweho n’Umuryango w’Afurika Yunze ubumwe nk’umuhuza kugira ngo akemure ikibazo cy’umubano hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’u Rwanda, harimo n’ikibazo kijyanye na M23.

Muri iyo nama hemejwe, bidatinze, ko Perezida Paul Kagame yemeye kubonana na Félix Tshisekedi, ku munsi bazaba barikumwe n’umuhuza.

Uku kwemeza kwa Perezida Kagame kwemera guhura na mugenzi we wa Kongo bije nyuma y’uko uruhande rwa Kongo narwo rwemeye ibiganiro by’amahoro n’uwo bafitanye ikibazo (Rwanda).

Ibi bishimangira ko aribyo bisubizo by’inama yahuje abakuru b’ibihugu byombi hagamijwe gukomeza ingufu z’abunzi mu gushaka amahoro n’ubwiyunge mu karere, cyane cyane mu burasirazuba bwa DRC.

Urugendo rwa Perezida Paul Kagame i Luanda ruje nyuma y’ibyumweru bibiri gusa rukurikiye urwakozwe na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi, wanabonanye na Perezida João Lourenço.

Nyuma y’iyo nama, hatangajwe ko Tshisekedi yemeye kuzahura na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame kugira ngo baganire ku kibazo cy’ubushyamirane hagati y’ibihugu byombi bisanzwe ari n’ibituranye ku bigendanye n’imitwe yitwaje intwaro irangwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yageze muri Angola

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago