Icyamamare mu mupira w’amaguru Ronaldo Nazario ukomoka muri Brezil yeruye aca impaka hagati ya Cristiano Ronaldo na Lionel Messi ku mukinnyi akwiriye gufata w’ibihe byose.
Aganira na Mail Sport Only muri iyi wikendi ishize, uyu munyabigwi wanegukanye igikombe c’isi inshuro ebyiri yatoye Messi ubwo yasabwaga guhitamo hagati y’Umunya-Argentine na Ronaldo.
Ntabwo ari ubwa mbere uyu munyaburezili yemeje Messi nk’umukinnyi yemera kurusha abandi.
Mu Kwakira mbere y’imihango ya Ballon d’Or, Ronaldo yavuze ko uwahoze ari umukinnyi wanyuze benshi muri Barcelona na Paris Saint-Germain yari akwiye icyo gihembo nyuma yo kwegukana na Argentine igikombe cy’Isi mu 2022.
Ati “Ballon d’Or ikwiriye gushyikirizwa [Lionel Messi], nta gushidikanya.”
Ronaldo yagize ati “Ibyo Messi yakoze mu gikombe cy’isi byari ibintu bidasanzwe. Byanyibukije ubushake bwa Pelé na Maradona, bitabye Imana.”
Messi yegukanye Ballon d’Or ku nshuro ya munani nyuma yo guhigika abarimo Erling Haaland na Kylian Mbappé.
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…