Icyamamare mu mupira w’amaguru Ronaldo Nazario ukomoka muri Brezil yeruye aca impaka hagati ya Cristiano Ronaldo na Lionel Messi ku mukinnyi akwiriye gufata w’ibihe byose.
Aganira na Mail Sport Only muri iyi wikendi ishize, uyu munyabigwi wanegukanye igikombe c’isi inshuro ebyiri yatoye Messi ubwo yasabwaga guhitamo hagati y’Umunya-Argentine na Ronaldo.
Ntabwo ari ubwa mbere uyu munyaburezili yemeje Messi nk’umukinnyi yemera kurusha abandi.
Mu Kwakira mbere y’imihango ya Ballon d’Or, Ronaldo yavuze ko uwahoze ari umukinnyi wanyuze benshi muri Barcelona na Paris Saint-Germain yari akwiye icyo gihembo nyuma yo kwegukana na Argentine igikombe cy’Isi mu 2022.
Ati “Ballon d’Or ikwiriye gushyikirizwa [Lionel Messi], nta gushidikanya.”
Ronaldo yagize ati “Ibyo Messi yakoze mu gikombe cy’isi byari ibintu bidasanzwe. Byanyibukije ubushake bwa Pelé na Maradona, bitabye Imana.”
Messi yegukanye Ballon d’Or ku nshuro ya munani nyuma yo guhigika abarimo Erling Haaland na Kylian Mbappé.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…