RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ko azashyigikira Raila Odinga mu matora ya Komisiyo ya AU

Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko azashyigikira umunyapolitiki wo muri Kenya Raila Odinga, umwe mu bakandida babiri batangaje ko bazahatanira kuyobora komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Afurika.

Advertisements

Biteganijwe ko amatora y’umuyobozi mushya wa komisiyo ya AU usimbura umuyobozi uriho, umunyapolitiki wo muri Tchad, Moussa Faki Mahamat, ateganijwe muri Gashyantare 2025.

Uyu munyapolitiki w’imyaka 78 uyoboye ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, Azimio, yatangaje kandidatire y’aka kazi gakomeye ka AU muri Gashyantare.

Ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda byavuze ko ku ya 8 Werurwe, Perezida Kagame yamwakiriye mu biro bye kugira ngo baganire ku bibazo byo mu karere ndetse n’ibijyanye n’umugabane.

https://x.com/UrugwiroVillage/status/1766110264972206584?t=i6cQNH9c2YBOMNqJXfyMJw&s=08

Aganira na NTV kuri uyu wa Kabiri,tariki ya 12 Werurwe,Perezida Kagame yagize ati:“Nubaha Raila Odinga; Nzi urugamba rwe. ”

Perezida Kagame yashimye imikorere y’uyu munyapolitiki wo muri Kenya ubwo yari ahagarariye AU mu iterambere ry’ibikorwa Remezo, umwanya yari afite kuva 2018 kugeza 2023.

Perezida Kagame yagize ati “Yakoze akazi keza icyo gihe, kandi yari abisobanukiwe neza. Tuzamushyigikira, kandi tumwifurije ibyiza.

Kandi ntabwo tuzamushyigikira kugera hariya gusa, kuko namara no kuhagera, tuzamushyigikira kugira ngo Afurika itere imbere.”

Mu mpera za Gashyantare, Odinga,wakoze amahugurwa ya mechanical engineering, yavuze ko yamaze kwemererwa ijwi na Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu na Salva Kiir wo muri Sudani y’Amajyepfo.

Yashyigikiwe kandi na Perezida wa Kenya William Ruto na Yoweri Museveni wo muri Uganda.

Komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Afurika ni ubunyamabanga bwa Afurika yunze Ubumwe bukora ibikorwa bya buri munsi bya AU.

Umuyobozi wa komisiyo ya AU atorwa n’umugabane wose,ahabwa manda y’imyaka ine yongerwa rimwe.

Mahamat, umuyobozi wayo ubu,ari muri manda ya kabiri yatsindiye mu 2021, yatowe bwa mbere muri 2017.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago