RWANDA

Polisi yashyizeho ibihano bikarishye ku mushoferi uzagaragara ko yatendetse mu Mujyi wa Kigali

Abatega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, barasaba inzego zibishinzwe gukemura ikibazo cy’uburyo batwarwa kuko bishyira mu kaga ubuzima bwabo.

Ni ikibazo kandi bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bagejeje kuri Guverinoma kugira ngo gishakirwe umuti mu maguru mashya.

Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara izi modoka kwirinda kurenza uyu mubare kuko uzafatwa yarenze kuri aya mabwiriza azajya ahanishwa amande y’ibihumbi 30 by’amafaranga y’u Rwanda ku mugenzi umwe gusa yarengejeho.

Mu masaha ya mu gitondo, muri gare ya Nyabugogo kimwe n’ahandi hahurira imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, uhasanga urujya n’uruza rw’abatega imodoka bajya ku kazi ndetse n’abanyeshuri bajya ku mashuri, uburyo batwarwamo ntibubashimisha.

Nyamara ikibazi si imodoka nke ahubwo ngo biterwa no kutumvikana kw’abazitwara, bituma zimwe zigenda zarengeje umubare w’abo zigomba gutwara ku buryo izindi zibura abo zitwara.

Umuvugizi wa Police, ACP Rutikanga Boniface avuga ko iki kibazo bakizi kandi ko ku bufatanye n’izindi nzego hari icyo barimo gukora mu rwego rwo kugishakira igisubizo.

Ni ikibazo kandi abagize Inteko Ishinga Amategeko basabye guverinoma kugishakira igisubizo ku buryo hajyaho n’ibihano mu gihe bibaye ngombwa, ku barenga ku mabwiriza yo gutwara abantu nk’uko biba ku modoka zitwara abagenzi mu Ntara.

Iki kibazo kiravugwa nyamara Leta y’u Rwanda yarakoze ibishoboka byose mu kongera imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, mu rwego rwo gusubiza ibyifuzo by’abaturage bari bamaranye igihe ku kibazo cy’ingendo mu Mujyi wa Kigali zagoranaga ku bw’imodoka zari nkeya.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente avuga ko iki kibazo cyahagurukiwe n’inzego zitandukanye ku buryo hari bisi zimwe zamaze kugera mu Rwanda zitangira no gutwara abagenzi, mu gihe izindi nazo zikiri mu nzira.

Bisi nini ntigomba kurenza abagenzi 70, ni ukuvuga 40 bicaye na 30 bahagaze.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

7 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago