POLITIKE

Rusizi: Beatrice uherutse kwirukanwa ku buyobozi bwa RICA yeguye ku mwanya w’inama Njyanama y’Akarere

Amakuru aturuka i Rusizi aremeza Madamu Béatrice Uwumukiza waraye wirukanwe ku  mwanya w’Umuyobozi w’Agateganyo wa RICA ko yamaze no gusezera ku mwanya wa Perezidante w’Inama Njyanama y’Akarere.

Advertisements

Visi Perezida wa Njyanama, Kwizera Giovani Fidèle akaba yatumije Inama Nyanama idasanzwe kuri uyu wa Gatandatu, ndetse iyi nama ikaba iby’ibanze aribyo kwiga kuri ubu bwegure bwa Perezidante wayo. 

Abyibwirije, mu izina rya Njyanama yari ayoboye,(binanyuranyije n’imikorere y’Inama Njyanama) Madamu Uwumukiza yari aherutse kwandikira Meya Kibiriga ibaruwa imusaba ibisobanuro ariko inamushinja ibyaha bikomeye byashoboraga kumugeza kure.

Amakuru ava Rusizi avuga ko imiyoborere y’uyu  Mudamu ariyo ntandaro ya byinshi mu bibazo  Nyobozi y’Akarere ndetse by’umwihariko kuri Meya Kibiriga bagendaga bahura nabyo mu kazi ka buri munsi.

Andi makuru yo akaba anavuga ko binashoboka ko ataza kugenda wenyine kuko afite abandi bafatanyije.

Madamu Beatrice wirukanywe yasimbujwe ku mwanya w’Ubuyobozi bwa RICA na Bwana Dr Mark Cyubahiro Bagabe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago