Amakuru aturuka i Rusizi aremeza Madamu Béatrice Uwumukiza waraye wirukanwe ku mwanya w’Umuyobozi w’Agateganyo wa RICA ko yamaze no gusezera ku mwanya wa Perezidante w’Inama Njyanama y’Akarere.
Visi Perezida wa Njyanama, Kwizera Giovani Fidèle akaba yatumije Inama Nyanama idasanzwe kuri uyu wa Gatandatu, ndetse iyi nama ikaba iby’ibanze aribyo kwiga kuri ubu bwegure bwa Perezidante wayo.
Abyibwirije, mu izina rya Njyanama yari ayoboye,(binanyuranyije n’imikorere y’Inama Njyanama) Madamu Uwumukiza yari aherutse kwandikira Meya Kibiriga ibaruwa imusaba ibisobanuro ariko inamushinja ibyaha bikomeye byashoboraga kumugeza kure.
Amakuru ava Rusizi avuga ko imiyoborere y’uyu Mudamu ariyo ntandaro ya byinshi mu bibazo Nyobozi y’Akarere ndetse by’umwihariko kuri Meya Kibiriga bagendaga bahura nabyo mu kazi ka buri munsi.
Andi makuru yo akaba anavuga ko binashoboka ko ataza kugenda wenyine kuko afite abandi bafatanyije.
Madamu Beatrice wirukanywe yasimbujwe ku mwanya w’Ubuyobozi bwa RICA na Bwana Dr Mark Cyubahiro Bagabe.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…