MU MAHANGA

Umunyamakuru wo muri Kenya yasanzwe yapfiriye aho yari acumbitse

Mu gitondo cyo ku cyumweru tariki 17 Werurwe, umunyamakurukazi waruzwi cyane ku izina rya Rita Tinina yasanzwe yapfiriye mu nyubako yaracumbitsemo ya Brooklyn Springs iherereye Kileleshwa i Nairobi.

Advertisements

Icyateye urwo rupfu kugeza kuri ubu ntibiramenyekana kuko atigeze ataka indwara iyo ari yo yose mbere yuko ava mu kazi yerekeza kuryama ku wa gatandatu n’ijoro.

Uyu munyamakurukazi usanzwe ukorera kuri Television ya NTV, abo bakorana batunguwe no kubona amasaha yarasanzwe akoreraho ageze ahagana Saa Saba z’amanywa nibwo batangiye kubyibazaho dore ko nawe ntacyo yari yabamenyesheje.

Tinina yari umwe mu banyamakuru bakunzwe muri Kenya

Yarasanzwe abana n’umukobwa we w’imyaka icyenda n’umukozi wo murugo wabwiye abapolisi ubwo bagera kwa nyakwigendera ko yabonye nyirabuja atinda kubyuka bitandukanye nuko byari bisanzwe.

Umukozi akomeza avuga ko yagiye gukomangira nyirabuja mu cyumba yararagamo ariko yumva ntakomye, ariko n’ubwo n’umuryango utari ufunze yafunguye abona Tinina atarimo gusubiza.

Uwo mukozi w’umukobwa yahise ahamagara inshuti yarisanzwe ariy’umuryango bari banaherukanye mu ijoro ryo kuwa gatandatu, aho iyo nshuti yahise ihamagaza polisi.

Muri raporo yatanzwe kuri sitasiyo polisi kuri polisi ya Kilimani yo yerekana ko mukuru wa Rita, Helen Sialu ari we wamenyesheje Robert Nagila ukora muri CGTN ahamagaza abapolisi.

Amakuru avuga ko yahise hahamagazwa imbangukiragutabara gusa ubwo yahageraga ngo polisi yagiye kuhagera n’ubundi yamaze gushiramo umwuka.

Umurambo we polisi yavuze ko nta bikomere warufite ku mubiri, aho yahise ajyanwa ku irimbi rya Umash ahagana ku isaha ya Saa Kumi n’imwe z’umugoroba.

Tinina kandi yigeze akora mu itsinda ryo kuri television yo muri Kenya KTN.

Bamwe mu banyamakuru bagenzi be bivugwa ko bahise bihutira aho kwa nyakwigendera ubwo bari bamaze kumva ko yitabye Imana aho basanze polisi yarimo igenzura.

Abantu benshi barimo abo bakoranye, abakunzi be, abayobozi bagiye ku mbuga nkoranyambaga mu kugaragaza akababaro ka mugenzi wabo wabuze ubuzima mu buryo butunguranye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago