MU MAHANGA

M23 yigaruriye ibice byinshi by’i Masisi mu mirwano itari yoroshye yayihuje na FARDC

Ahagana mu masaha ya Saa Sita kuri uyu wa 21 Werurwe 2024, habaga imirwano ikomeye yahuje umutwe wa M23 na FARDC na Wazalendo yarangiye uyu mutwe w’inyeshyamba wigaruriye imwe mu midugudu ndetse n’uduce twinshi two muri Gurupoma ya Bashali Mokoto, aho ubu barimo kutugenzura ni mugihe imirwano yabereye muri Centre ya Kirumbu, muri Sheferi ya Bashali, yo muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Advertisements

Amakuru agera ku rubuga Kivu Morning Post ava muri ibyo bice, avuga ko inyeshyamba za M23 zabanje gutera ibirindiro bya Wazalendo biri ahitwa Kalengera, umudugudu uri mu kirometero 1 uvuye Kirumbu, mbere yo kugaba igitero ku murwa mukuru w’aka gace, ari wo centre ya Kirumbu.

Biravugwa ko inyeshyamba za M23 nyuma yo kwigarurira uyu mujyi, zakomeje zerekeza imbere i Kalengera, aho ngo zacanyiranye n’aba Wazalendo bari bashikamye banze kuhava ariko amaherezo biruka berekeza mu misozi yitegeye aka karere.

Kuri ubu imwe mu midugudu byemejwe ko yafashwe ni Kirumba, Gyagoro na Kalengera.

Ayo makuru arakomeza avuga ko kugeza ubwo iki kinyamakuru cyandikaga iyi nkuru, imirwano yari ikomereje Bweru, mu gihe abaturage bamwe bo mu bice byigaruriwe bari bahunze amasasu bagana mu bihuru basubiye mu ngo zabo mu masaha akuze kuri uyu wa Kane.

Ituze naryo ngo ryagarutse muri centre ya Kirumbu na Kalengera usibye ngo amasasu macye macye yumvikana yo gukanga umwanzi waba ukihihishe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago