Abasirikare 11 nibo basomewe kubwo guhunga intambara
Abasirikare bagera kuri 11 ba FARDC bitabye urukiko rwa gisirikare basomerwa ibyaha baregwa harimo kubwo kuba ikigwari bagahunga urugamba.
Ni urubanza rwabaye kuri uyu wa gatanu taliki 22 Werurwe 2024 ubwo bumvaga mu ruhame ibyo bashinjwa birimo ko babaye ibigwari bagahunga urugamba mu mirwano yahuzaga FARDC na M23.Guhunga iyi mirwano byatumye tumwe mu duce turimo na Rwindi twigarurirwa na M23.
Aba basirikare kandi bashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano no gushishikariza abasirikare gukora ibinyuranye n’inshingano cyangwa zabo.”
Abasirikare bakomeye ba FARDC bayoboye imirwano na M23 barimo Gen. Chiko Tshitambwe, bahamagajwe i Kinshasa kugira ngo batange ibisobanuro ku ifatwa ry’uyu mujyi wa Rwindi.
Gufatwa kw’agace ka Rwindi nta mirwano ibaye, kwasize ibibazo, mu gihe aha hasanzwe hari ikigo cya gisirikare gikomeye cy’ingabo za leta ya Congo. Ikindi kandi n’uko hari ikibuga cy’Indege.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…