INKURU ZIDASANZWE

Gisagara: Umuturage w’imyaka 53 yiturikijeho grenade

Umuturage wo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Mamba, yageregeje kwiyahura akoresheje grenade iramukomeretsa bikomeye ku maguru no ku maboko, aho ubu arembeye mu bitaro bya Gakoma.

Advertisements

Ni amakuru yamenyekanye ku wa 23 Werurwe 2024, aho uwitwa Harindintwari François w’imyaka 53 bivugwa ko yashatse kwiyahura akoresheje intwaro ya gisirikare yo mu bwoko bwa ’grenade’ iramukomeretsa.

Mu kiganiro yahaye IGIHE dukesha iyi nkuru, Meya w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme yemeje iby’aya makuru avuga ko uyu Harindintwali arembeye mu bitaro bya Gakoma.

Yagize ati “Yiturikirijeho grenade akomereka ku matako no mu ntoki atabarwa atarapfa ajyanwa ku Bitaro bya Gakoma kuvurwa n’abaganga. Hatanzwe amakuru ko bishobora kuba byatewe n’amakimbirane yaterwaga n’uko umugore we w’imyaka 46 yamushinjaga kumuca inyuma”.

Meya Rutaburingoga yakomeje avuga ko uyu mugabo wiyahuye akoresheje grenade, yahoze mu ngabo zatsinzwe, Ex-FAR.

Biravugwa ko uyu mugabo mu gihe yaba yorohewe avuye mu bitaro, yazakurikiranywa n’inzego z’ubutabera akaryozwa icyaha cyo gutunga intwaro ku buryo bunyuranyije n’amategeko.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago