RWANDA

Umusifuzi mpuzamahanga Mukansanga Salima yaguze imodoka ikosha

Umusifuzi mpuzamahanga w’Umunyarwandakazi, Mukasanga Salima yatangiye gusarura ku mbuto y’amafaranga yakoreye, aho yibitseho imodoka nshya ya Dongfeng Aeolus HUGE 2024 Hybrid iri mu zihenze kuko ibarirwa n’agaciro k’ibihumbi 36$, ni ukuvuga asaga miliyoni 46 Frw.

Mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa X yahoze ari Twitter, Ikigo Carcarbaba Ltd gikora ubucuruzi bw’imodoka za Dongfeng Motor Ltd mu Rwanda cyashimiye Mukansanga ko yaguze iyi modoka ya Dongfeng HUGE Hybrid.

Nkuko amakuru yatangajwe kuri urwo rubuga ni uko Mukansanga yaguze iyi modoka ku wa Kane, tariki ya 25 Werurwe 2024, aho igiciro cyayo ari ibihumbi 36$ (asaga miliyoni 46 Frw).

Salima Mukansanga ashyikirizwa imodoka ye

Dongfeng Aeolus HUGE 2024 Hybrid ikoresha amashanyarazi na lisansi, inywa litiro 55 kugira ngo yuzure, ndetse ifite ubushobozi bwo gutwara abantu batanu. Yihariye kandi kuba idasohora umwuka muri shampoma.

Ku myaka 35, Mukansanga Salima yasifuye amarushanwa atandukanye arimo Igikombe cy’Isi cy’Abagabo cyabereye muri Qatar mu 2022 ndetse n’Igikombe cya Afurika cyabereye muri Cameroun mu ntangiriro z’uwo mwaka.

Yasifuye kandi Igikombe cy’Isi cy’Abagore inshuro ebyiri, mu 2019 na 2023, ndetse n’Imikino Olempike yabereye i Tokyo mu Buyapani mu 2021.

Ibi byose bimugira Umusifuzikazi w’Umunyarwanda umaze iminsi ahagaze neza aho aza ku rutonde rw’ababigize umwuga muri Afurika kandi bubashywe kubera ubuhanga yagaragaje, bikaba bimuhesha guhembwa 2000$ ku kwezi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

16 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

17 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago