INKURU ZIDASANZWE

Pasiteri yafunzwe azira kurongora abagore babiri icyarimwe

Pasiteri w’umunyabinyoma wari ufite byibuze abagore 10 yatawe muri yombi nyuma yo gushaka abandi bagore babiri icyarimwe.

Orlando Coleman yasuye amatorero y’abirabura menshi muri Amerika yitwikiriye umwambaro w’idini, abeshya abagore benshi birangira abagize abagore.

Uyu mugabo w’imyaka 51 y’amavuko yimenyekanishaga mu matorero mashya nk’umwe mu bayobozi b’idini, kandi yashoboye kubeshya byibuze abagore 10 batandukanye arabarongora.

Coleman, ukomoka i Houston, yiyerekanaga nk’uwashinze amatorero menshi ndetse n’umuvugabutumwa w’umurokore ku mbuga nkoranyambaga.

N’ubwo yemeye icyaha cyo gushaka abagore babiri muri Nyakanga 2023 agahabwa gasopo,yashakanye n’undi mugore nyuma y’amezi abiri.

Ubu, amaze imyaka isaga itatu mu buroko kubera gushaka abagore benshi kuva muri 2019.

Umushinjacyaha w’akarere ka Harris, Kim Ogg yagize ati: “Impamvu iki cyaha cyisubiramo n’uko umunyabyaha atuburira abagore akabakoresha kugira ngo abakuremo inyungu.

“Uyu mugabo yakoresheje itorero kugira ngo ahishe uburiganya bwe kandi yirengagije inshingano no kwirengera ibyaha.”

Muri Texas gushyingirwa n’abantu barenze umwe icyarimwe bishobora gutuma uhabwa igifungo kigera ku myaka 10.

Abashinjacyaha bavuga ko Coleman ashaka abagore benshi kubera inzu n’amafaranga. Coleman iyo amaze kwigaragaza nk’umupasitori cyangwa umwepiskopi,ahita asaba umugore bahuye ko bashyingiranwa. Umugore ubyemeye, yimukana na we akamuha inzu ye n’ibiryo.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago