IMIKINO

Rayon Sports ishobora kwegukana Olivier Seif uri mu bihano

Amakuru aravuga ko ikipe ya Rayon Sports igeze kure mu biganiro byo gusinyisha umukinnyi wo hagati Niyonzima Olivier Sefu wakiniraga Kiyovu Sports.

Niyonzima Olivier Sefu aherutse guhagarikwa na Kiyovu Sports imikino yose isigaye ya shampiyona uko ari itandatu.

Gusa ni uko uyu mukinnyi ari mu bamaze kubengukwa n’ikipe ya Rayon Sports ishaka kwiyubaka mbere y’igihe isoko ryigura n’igurisha ritari ryazaho benshi.

Ikipe ya Rayon Sports ngo irashaka undi mukinnyi wo hagati nyuma y’uko Madjaliwa abateye umugongo.

Kubera gutinya ibyuho by’abakinnyi bo mu kibuga hagati mu mwaka utaha, Rayon Sports yatangiye kuvugisha Seif kugira ngo aze kuyifasha mu bakinnyi bo hagati.

Niyonzima w’imyaka 31 yabaye muri Rayon Sports kuva mu 2015-2019, ayivamo ajya muri APR FC (2019-2021), yerekeza muri AS Kigali (2021-2023) na Kiyovu SC (2023-2024).

Ibiganiro ku mpande zombi bivugwa ko bigeze ahashimishije n’ubwo Olivier Seif we ataragira icyo abivugaho.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

13 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago