IMIKINO

Kigali Pele Stadium igiye gushyirwa ku rwego rwo kwakira igikombe cy’Afurika

Minisiteri ya siporo mu Rwanda ‘Minisports’ yemeje ko sitade yitiriwe umunyabigwi ukomoka muri Brazil, Kigali Pele Stadium igiye kubakwa bundi bushya aho izashyirwa ku rwego rwo kwakira n’igikombe cya Afurika.

Mu bijyanye n’ibikorwa bya siporo by’umwihariko za stade z’umupira w’amaguru, Minisiteri ivuga ko igiye kubaka sitade esheshatu zizaza zunganira sitade amahoro igeze ku musozo.

Stade Amahoro iri kigero cya 93% y’imirimo yo kuyubaka, ikeneye izindi sitade ziyunganira, ni muri urwo rwego rero Minisiteri ya Siporo igiye kubaka izindi sitade esheshatu nshya.

Biteganyijwe ko aya masitade mashya azaba yuzuye mu mwaka wa 2030 ujyanye n’icyerekezo cya siporo mu Rwanda.

Muri sitade eshatu nshya ziri gutekerezwaho harimo na Kigali Pele Stadium, igiye kubakwa bundi bushya igashyirwa ku rwego rwo kwakira Igikombe cy’Afurika.

Nshimiyimana Alex Redamptus ushinzwe ibikorwaremezo bya Sports muri Minisiteri ya Siporo, yabwiye Igihe ko iyi stade yitiriwe Pele igiye gushyirwa ku rwego rwo hejuru aho izubakwa bundi bushya ku buryo yanakwakira igikombe cya Afurika.

Mu yandi mastade mashya azubakwa ku buryo azunganira sitade Amahoro, harimo izaba iri i Musanze, Gicumbi, Nyagatare, Rubavu, Muhanga.

Kigali Pele Stadium igiye kongera kuvugururwa ku buryo izajya yakira n’imikino ikomeye ku mugabane w’Afurika

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 day ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

3 days ago