Umukinnyi w’umupira w’amaguru Alelegn ukomoka mu gihugu cya Ethiopia warumaze igihe gito akoze ubukwe yiyambuye ubuzima mu buryo butunguranye.
Alelegn Azene w’imyaka 26, umwe mu bakinnyi bahembwa menshi muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Ethiopia, biravugwa ko yiyahuye mu ijoro ryakeye.
Alelegn Azene, yari umukinnyi wo hagati utanga icyizere wakiniraga Bahir Dar City. Television ya Balageru yasobanuye ko urupfu rwe rwatunguranye.
Amakuru acaracara ku mbuga nkoranyambaga yemeza ko uyu mukinnyi yiyahuye gusa ntihavuzwe icyaba cyateye uyu mukinnyi kwiyahura.
Abakurikirana imikino ya Ethiopian Premier League bavuga ko yari umukinnyi w’umuhanga cyane.
Amakuru yatanzwe na Balageru avuga ko Alelegn aherutse gushyingirwa mu migenzo y’itorero ryitwa Ethiopian Orthodox Tewahedo Church.
Nyakwigendera wavukiye kandi agakurira muri Arba Minich. N’ubwo gahunda yishyungurwa rye itaramenyekana, hamaze kwemezwa ko azashyingurwa muri Arba Minch ku wa gatatu.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…