MU MAHANGA

Abantu 45 baguye mu mpanuka harokoka umwana w’imyaka 8 gusa

Abayobozi bemeje ko abantu 45 bapfuye muri Afurika y’Epfo nyuma yuko imodoka ya bisi bari barimo irohamye muri metero 50 ivuye ku iteme ikagwa mu manga.

Advertisements

Gusa umwana w’umukobwa warufite imyaka umunani, niwe warokotse wenyine, yajyanwe mu bitaro yakomeretse cyane.

Iyo bisi yagonze muri bariyeri, nuko irashya ubwo yagwaga hasi, mu ntara ya Limpopo mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’igihugu.

Abagenzi bari bavuye mu murwa mukuru Gaborone wa Botswana, berekeza mu mujyi wa Moria muri Pasika.

Iyo modoka yacomotse feri, nuko ihanuka ku iteme riri mu muhanda wo ku musozi wa Mmamatlakala, umuhanda uri hagati y’umujyi wa Mokopane na Marken, mu ntera ya kilometero zigera kuri 300 mu majyaruguru y’umujyi wa Johannesburg, nkuko bitangazwa n’igitangazamakuru SABC cya leta y’Afurika y’Epfo.

Ibikorwa by’ubutabazi byakomeje kugeza ku mugoroba wa joro wo ku wa kane, amakuru avuga ko bamwe mu bapfuye byagoranye kubageraho kubera ibisigazwa by’ibyasenyutse.

Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu, Sindisiwe Chikunga, wagiye aho byabereye, yihanganishije “imiryango yagizweho ingaruka n’iyi mpanuka ya bisi yapfiriyemo abantu”.

Ni mugihe ubutumwa bujyanye na Pasika bwatangaje mbere yaho ku wa kane, Perezida w’Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yashishikarije abaturage gukora uko bashoboye kose kugira ngo ibe Pasika itekanye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago