Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye na Madamu, bagaragaye mu mihanda bifatanyije n’abakirisitu gatolika mu muhango wo kuzirikana ububabare bwa Yezu, uwa Gatanu mutagatifu.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Werurwe, Perezida Ndayishimiye yagaragaye afite umusaraba ukoze mu giti cyo kimwe n’umufasha we wari wambaye imyenda isanzwe.
Nk’uko amakuru abigaragaza ku rukuta rw’ibiro bya Perezida w’u Burundi, Ntare Rushatsi, byashyize hanze amafoto agaragaza Ndayishimiye n’umufasha we bazirikana inzira y’umusaraba Yezu yanyuzemo kuwa Gatanu mutagatifu.
Byagize biti “Kuri uyu wa gatanu 3/29, Umuryango wa perezida wifatanije n’abakristu bo ku isi yose mu isengesho ryo kuwa Gatanu mutagatifu, iminsi ibiri mbere ya Pasika; isengesho ryaranzwe n’inzira y’umusaraba yateguwe kugira ngo hibukwe kwihangana gutangaje kwa Kristo.”
Imbaga y’abakirisitu Gatolika yari kumwe na Perezida Ndayishimiye Evariste yazirikanye ubabare bwa Yezu.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…
José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…