INKURU ZIDASANZWE

Yashakaga kwikorera imibonano mpuzabitsina gusa! Umukobwa yavuze impamvu yatwikiye umukunzi we w’Umushinwa mu nzu babanagamo

Mu mujyi wa Lagos ho mu gihugu cya Nigeria haravugwa inkuru y’umukobwa watwikiriye umukunzi we w’Umushinwa mu nzu babanagamo kubera uburyo yamurazaga rwantambyi.

Advertisements

Ibi byabaye kuri uyu wa gatandatu w’icyumweru dusoje, aho umukobwa wo muri Maroc uzwi ku izina rya Asmaa, ufite imyaka 21, yatawe muri yombi n’ubuyobozi bwa polisi y’igihugu cya Lagos kubera gukekwaho gutwikira mu nzu umukunzi we witwa Xunxue w’Umushinwa w’imyaka 41.

Iyi nzu yahiye irakongoka n’ibyari biyirimo byose ikaba isanzwe iherereye mu gace ka Oregun, Ikeja mu gihugu cya Nigeria.

Uburiri baryamagaho bwagize uruhare mu gukongeza inzu

Amakuru avuga ko inzego zishinzwe umutekano zirimo na polisi zaburiwe ko inzu yafashwe n’umuriro nyuma yo kubona umuriro mwinshi ku nyubako iherereye mu isambu yo muri ako gace. 

Iperereza ryibanze ryerekanye ko Asmaa na Xunxue batumvikanaga kandi ngo babanaga bahora mu bushyamirane, igikorwa cyo gutwika iyo nzu ngo yagikoze mu gihe umukunzi we harikumwe n’abandi bantu babiri muri iyo nyubako.

Mu gihe yabazwaga ku byabimuteye Asmaa yavuze ko Xunxue yamuzanye muri Nigeria kandi ko yamaze amezi atandatu afungiranye mu nzu ye. Yavuze ko icyo umukunzi we yashakaga byari ukuryamana na we gusa no kutamwemerera ko yakora akazi na kamwe.

Mu magambo ye Asmaa wumvikanaga nk’uwatunguwe yagize ati ’’Yankoresheje amezi atandatu kandi ntiyashakaga ko nkoresha visa yanjye. Ntiyashaka ko nkora akazi cyangwa gukora ikintu cyose cyashobora kumpa amafaranga. yashaka ko nicara murugo gusa. Nagiye mubwira ngo angurire itike, arampakanira. Gusa we icyo yashakaga nuko nakwicara murugo, tukirirwa dukora imibonano mpuzabitsina ku busa amezi atandatu. nicara murugo nkategereza ko aza avuye ku kazi”

Asmaa yavuze ko yatwitse inzu kubera ko yashakaga kwiyahura kuko yababajwe n’ibikorwa bya Xunxue.

Amakuru yemeza ko icyakora ntawaburiye ubuzima ubwo inzo yatwikwaga. Kugeza ubu ukekwaho icyaha ari mu maboko ya polisi hamwe n’abandi bantu bashobora kuba barabigizemo uruhare.

Amadirishya y’inyubako yarangiritse

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago