IMYIDAGADURO

Abana ba Nyakwigendera Jay Polly bahawe akayabo mu gitaramo cya Platini P

Abakobwa babiri ba Nyakwigendera Jay Polly bahawe n’abagira neza asaga Miliyoni 16 Frw mu gitaramo gikomeye umuhanzi Platini P yaraye akoze mu ijoro ryakeye muri Camp Kigali.

Ni igitaramo cyiswe ’Baba Xperience’umuhanzi Platini P yakoze kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Werurwe 2024, cyagarukaga ku rugendo rwe mu muziki kuva yatangira kugeza ubu.

‘Baba Xperince’ ni igitaramo byagaragaye ko cyari cyitabiriwe ku rwego rushimishije, aho mu bacyitabiriye babashije no kwitanga mu gikorwa cyo gufasha abana ba Nyakwigendera Jay Polly babaha amafaranga kugira ngo bazakomeze bagire ubuzima bwiza.

Abakobwa babiri ba Nyakwigendera Jay Polly beretswe urukundo rwo hejuru

Abakobwa ba Jay Polly uko ari babiri bari baherekejwe n’umubyeyi wabo, bagiriye umugisha muri iki gitaramo aho bahawe arenga Miliyoni 16Frw.

Ubwo yari ari ku rubyiniro, Platini P yafashe umwanya ahamagara abana ba Jay Polly, avuga ko kubera uburyo afatamo Jay Polly akwiriye kumukorera igikorwa cyiza, ku bw’ibyo abahaye Miliyoni 1Frw, asaba n’undi wese ufite ubushake ko yakwitanga.

Ibi byazamuye amarangamutima ya benshi mu bantu bari bitabiriye iki gitaramo, kompanyi imwe yemeye kuzishyura umwaka w’amashuri, umubyeyi wavuye mu Bufaransa yemera undi mwaka wo kuzabishyurira, na Alliah Cool aritanga.

Abandi nabo baje kugenda bemera ko bageneye aba bana impano y’amafaranga, muri abo harimo kompanyi zitandukanye.

Abitanze bose hamwe batanze agera muri Miliyoni 16Frw.

Abitanze ni:

Kompanyi 4 zitanze Miliyoni 6Frw, Coach Gael, Ishimwe Clement na Nemeye Platini batanze Miliyini 2Frw umwe umwe.

The Choice, Rocky Entertainment, Ishusho Art na Alliah Cool batanze Miliyoni 4Frw.

Sharifa umwe mu babyeyi babyaranye na nyakwigendera Jay Polly yagize ati: ”Mu izina rya Jay Polly turabashimiye cyane ndimo ndarira sinari byiteze ndabashimiye.”

Nemeye Platini wari watangiye icyo gikorwa yavuze ko azakurikirana n’uko icyo gikorwa cyizashyirwa mu bikorwa, agenda ahamagara umwe ku wundi mu bitanze.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago