RWANDA

Umujyi wa Kigali watangaje uburyo bushya bwo kwishyura Umusanzu w’Irondo hifashishijwe ikoranabuhanga

Kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mata 2024 abatuye mu Mujyi wa Kigali batangarijwe uburyo bushya bazajya bakoresha bishyura umusanzu w’irondo bifashishije ikoranabuhanga guhera uku kwezi.

Mu itangazo umujyi wa Kigali washyize ku rukuta rwa X (Twitter) bemeje ko ubwishyu bw’Umusanzu w’Irondo ry’Umwuga buzajya bukorera kuri telefone ngendanwa.

Bagize bati “Guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 01 Mata 2024, haratangira gukoreshwa uburyo bushya mu kwishyura umusanzu w’Umutekano (Irondo ry’Umwuga) hose mu Mujyi wa Kigali.”

Bongeyeho ko kwishyura uyu musanzu ubu birakorwa gusa umuntu akoresheje telephone igendanwa, akanze *152# agakurikiza amabwiriza.

Bavuga ko Kandi inyemezabwishyu y’ubutumwa bugufi buzajya bugera ku mugenerwabikorwa bwanditseho Umujyi wa Kigali.

Ubusanzwe uburyo bwakoreshwaga bamwe bishyuraga bakoresheje code za Momo Pay z’imirenge. Hari n’abakoranaga na kompanyi zitandukanye zafashaga imirenge gukusanya uyu musanzu, gusa kuri ubu Umujyi wa Kigali hose bazajya bakorana na kompanyi imwe mu buryo bumwe bw’ikoranabuhanga.

Ibi Umujyi wa Kigali ubihaye umurongo nyuma y’uko mu mpera za Mutarama 2024, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu itanze umurongo ngenderwaho ku mikorere y’Irondo harimo no kuba harongerewe agahimbazamusyi kahabwaga abakora Irondo ry’Umwuga, ndetse kuri ubu rikaba rigenzurwa n’Ubuyobozi bw’Akagari mbere ryaragenzurwaga n’Umurenge.

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

10 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

30 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

51 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago