RWANDA

Umujyi wa Kigali watangaje uburyo bushya bwo kwishyura Umusanzu w’Irondo hifashishijwe ikoranabuhanga

Kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mata 2024 abatuye mu Mujyi wa Kigali batangarijwe uburyo bushya bazajya bakoresha bishyura umusanzu w’irondo bifashishije ikoranabuhanga guhera uku kwezi.

Advertisements

Mu itangazo umujyi wa Kigali washyize ku rukuta rwa X (Twitter) bemeje ko ubwishyu bw’Umusanzu w’Irondo ry’Umwuga buzajya bukorera kuri telefone ngendanwa.

Bagize bati “Guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 01 Mata 2024, haratangira gukoreshwa uburyo bushya mu kwishyura umusanzu w’Umutekano (Irondo ry’Umwuga) hose mu Mujyi wa Kigali.”

Bongeyeho ko kwishyura uyu musanzu ubu birakorwa gusa umuntu akoresheje telephone igendanwa, akanze *152# agakurikiza amabwiriza.

Bavuga ko Kandi inyemezabwishyu y’ubutumwa bugufi buzajya bugera ku mugenerwabikorwa bwanditseho Umujyi wa Kigali.

Ubusanzwe uburyo bwakoreshwaga bamwe bishyuraga bakoresheje code za Momo Pay z’imirenge. Hari n’abakoranaga na kompanyi zitandukanye zafashaga imirenge gukusanya uyu musanzu, gusa kuri ubu Umujyi wa Kigali hose bazajya bakorana na kompanyi imwe mu buryo bumwe bw’ikoranabuhanga.

Ibi Umujyi wa Kigali ubihaye umurongo nyuma y’uko mu mpera za Mutarama 2024, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu itanze umurongo ngenderwaho ku mikorere y’Irondo harimo no kuba harongerewe agahimbazamusyi kahabwaga abakora Irondo ry’Umwuga, ndetse kuri ubu rikaba rigenzurwa n’Ubuyobozi bw’Akagari mbere ryaragenzurwaga n’Umurenge.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago