IMIKINO

Akebo kajya iwamugarura! Sunrise Fc yigeze kubuza Kiyovu Sports igikombe nayo yayihenuyeho

Ikipe ya Sunrise Fc ibarizwa mu Karere ka Nyagatare yatsikiriye i Kigali mu mukino yatsinzwemo na Kiyovu Sports bituma ikomeza kujya mu makipe amanuka mu kiciro cya kabiri.

Advertisements

Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, hakinwe umukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona y’u Rwanda (Rwanda Premier League), umukino wahuje ikipe ya Kiyovu Sports yakiriye Sunrise Fc maze Kiyovu Sports ikayihenuraho.

Nyuma y’uko Sunrise FC yigeze kubuza igikombe cya Shampiyona Kiyovu Sports umwaka wa 2022/2023, Kiyovu Sports nayo yahisemo kuyihenuraho iyitsinda ibitego bitari bike dore k igice cya mbere cyarangiye Kiyovu Sports iyoboye n’ibitego 4-0.

Ni ibitego bitatu byatsinzwe mu gice cya mbere na Alfred Leku watsinze bibiri na Kilongozi kimwe.

Ni umukino wabonaga ko Kiyovu Sports igifite intimba ku mutima nyuma y’ibyabaye Sunrise FC yayibujije amahirwe yarisigaranye ngo itsinde hanyuma ighite yegukana igikombe, aho umukino warangiye Sunrise Fc iyoboye n’igitego 1-0.

Igice cya kabiri Kiyovu Sports yanze n’ubundi gukora ikosa ryo kwinjizwa mu izamu ahubwo ishaka igitego cya Kane cyaje gutsindwa na Richard Kilongozi.

Ni mugihe undi mukino wakinwaga hagati ya Musanze Fc na Gasogi united warangiye Musanze yari murugo ibonye intsinzi y’ibitego 2-1 bya Gasogi united.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago