IMIKINO

Akebo kajya iwamugarura! Sunrise Fc yigeze kubuza Kiyovu Sports igikombe nayo yayihenuyeho

Ikipe ya Sunrise Fc ibarizwa mu Karere ka Nyagatare yatsikiriye i Kigali mu mukino yatsinzwemo na Kiyovu Sports bituma ikomeza kujya mu makipe amanuka mu kiciro cya kabiri.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, hakinwe umukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona y’u Rwanda (Rwanda Premier League), umukino wahuje ikipe ya Kiyovu Sports yakiriye Sunrise Fc maze Kiyovu Sports ikayihenuraho.

Nyuma y’uko Sunrise FC yigeze kubuza igikombe cya Shampiyona Kiyovu Sports umwaka wa 2022/2023, Kiyovu Sports nayo yahisemo kuyihenuraho iyitsinda ibitego bitari bike dore k igice cya mbere cyarangiye Kiyovu Sports iyoboye n’ibitego 4-0.

Ni ibitego bitatu byatsinzwe mu gice cya mbere na Alfred Leku watsinze bibiri na Kilongozi kimwe.

Ni umukino wabonaga ko Kiyovu Sports igifite intimba ku mutima nyuma y’ibyabaye Sunrise FC yayibujije amahirwe yarisigaranye ngo itsinde hanyuma ighite yegukana igikombe, aho umukino warangiye Sunrise Fc iyoboye n’igitego 1-0.

Igice cya kabiri Kiyovu Sports yanze n’ubundi gukora ikosa ryo kwinjizwa mu izamu ahubwo ishaka igitego cya Kane cyaje gutsindwa na Richard Kilongozi.

Ni mugihe undi mukino wakinwaga hagati ya Musanze Fc na Gasogi united warangiye Musanze yari murugo ibonye intsinzi y’ibitego 2-1 bya Gasogi united.

Christian

Recent Posts

Sandra Teta yatatse ibyiza umugabo we Weasel n’ubwo ahora amukubita

Umunyarwandakazi Sandra Teta wihebeye Weasel ukomoka muri Uganda yongeye kuvuga ko yihebeye kandi bigoye kureka…

2 hours ago

Perezida Kagame yahamije ko Congo ifite ubutunzi bwinshi bityo itagakwiriye gusabiriza

Nyakubahwa Perezida w'u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itakabaye yirirwa…

2 hours ago

Abifuza guhindurirwa ifoto iri ku ikarita y’indangamuntu basubijwe

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangaje ko Abanyarwanda bifuza guhindura amafoto ari ku Ikarita y’Indangamuntu…

21 hours ago

Muhire Kevin yahishuye icyatumye umusaruro uba muke mu mukino wabahuje na APR Fc

Kapiteni w'ikipe ya Rayon Sports, Muhire Kevin yatangaje ko kubura rutahizamu Fall Ngagne byabakozeho cyane…

22 hours ago

Perezida wa Kenya, Ruto yatanze amafaranga ku rusengero imyigaragambyo ihita yaduka

Abanyakenya biganjemo urubyiruko bakoze imyigaragambyo ndetse bagerageza kwibasira inyubako z’itorero Jesus Winner Ministry bariziza amafaranga…

23 hours ago

Perezida Kagame yavuze ko Tshisekedi wa RD Congo afite ingengabitekerezo ya Jenoside

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasubije umunyamakuru Mario Nawfa mu kiganiro 69 ‘𝕏…

1 day ago