INKURU ZIDASANZWE

Kigali: Murugo rw’umuturage habonetse imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu rugo rw’umuntu mu murenge wa Muhima mu mujyi wa Kigali habonetse imibiri 21 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi mibiri yabonetse nyuma y’uko hari umuhanda urimo gukorwa mu Mudugudu w’Intiganda aho bita muri Marathon mu Kagali ka Terero mu karere ka Nyargenge.

Ni imibiri yabonetse ubwo imashini ya Company Stecol Corporation yakoraga uwo muhanda ikagera ahari iyo mibiri aho yariri mu cyobo kiri mu rugo rw’uwitwa Abayisenga Anicet witabye Imana.

Aya makuru yamenyekanye ku itariki 30 Werurwe 2024 ari bwo habonetse umubiri umwe mu gitaka bakuye hafi y’urwo rugo.

Ubwo bajyaga kumena iri taka mu Kagali ka Kora, Umurenge wa Gitega bafunguwe no kubonamo umubiri bahita batanga amakuru nk’uko byatangajwe na Ibuka.

Iyi mibiri uko ari 20 yahise ijyanwa ku biro by’Umurenge wa Muhima, naho uwo umwe wabonetse kuwa 30 Werurwe uri ku biro by’Akagari ka Kora Umurenge wa Gitega.

Inzego zitandukanye za IBUKA n’iz’umurenge wa Muhima, zasabye ko amakuru akomeza gushakishwa kugirango abazi amazina y’abajugunywe muri icyo cyobo abe yamenyekana.

Iyi mibiri , ibonetse mu gihe habura iminsi micye ngo u Rwanda rwinjire mu Cyumweru cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi gitangizwa taliki 7 Mata buri mwaka.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago