MU MAHANGA

Kurya akaboga byabaye ingume mu Mujyi wa Goma

Mu Mujyi wa Goma haravugwa ko mu minsi ishize igiciro cy’inyama z’inka cy’ikubye hafi inshuro ebyiri, aho ikiro cyavuye ku madolari ya Amerika 3 kigera kuri 6 mu masoko.

Nk’uko byatangajwe n’abacuruzi bahuriye muri Société Abattoir de Goma (SABAGO), ku wa gatatu tariki ya 3 Mata, baratakamba bavuga ko intandaro y’ibyo byose ari inyeshyamba za M23 zigenzura agace ka Masisi zatumye ibiciro bitumbagira ku isoko.

Amakuru amwe avuga ko izo nyeshyamba zisoresha ​​umusoro w’amadolari ya Amerika 20 kuri buri nka zijya mu mujyi wa Goma.

Ibi bituma abacuruza inka bonger igiciro ku masoko.

Umwe mu batanze ubuhamya yagize ati: “Inka zituruka mu nzuri nyinshi i Mushaki Ngungu n’izindi, uyu munsi ntabwo zaje kubera intambara. Abacuruzi bahisemo kugenda inzu ku yindi kubera impamvu z’umutekano wabo. Mu turere twigaruriwe na M23, kugirango winjize inka, ugomba kwishyura 20 $. Ibi bituma abacuruzi bongera igiciro kugira ngo bagaruze amafaranga yakoreshejwe.”

Kugira ngo bakwepe umusoro, bamwe bahitamo kunyuza inka zabo mu kiyaga cya Kivu.

Usibye igiciro cy’inyama z’inka cyamaze kuzamuka, inka nzima yavuye ku madolari 300 igera kuri 700 $ cyangwa 750 $ mu mujyi wa Goma.

Christian

Recent Posts

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

32 minutes ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

4 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

5 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

8 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago