MU MAHANGA

Kurya akaboga byabaye ingume mu Mujyi wa Goma

Mu Mujyi wa Goma haravugwa ko mu minsi ishize igiciro cy’inyama z’inka cy’ikubye hafi inshuro ebyiri, aho ikiro cyavuye ku madolari ya Amerika 3 kigera kuri 6 mu masoko.

Advertisements

Nk’uko byatangajwe n’abacuruzi bahuriye muri Société Abattoir de Goma (SABAGO), ku wa gatatu tariki ya 3 Mata, baratakamba bavuga ko intandaro y’ibyo byose ari inyeshyamba za M23 zigenzura agace ka Masisi zatumye ibiciro bitumbagira ku isoko.

Amakuru amwe avuga ko izo nyeshyamba zisoresha ​​umusoro w’amadolari ya Amerika 20 kuri buri nka zijya mu mujyi wa Goma.

Ibi bituma abacuruza inka bonger igiciro ku masoko.

Umwe mu batanze ubuhamya yagize ati: “Inka zituruka mu nzuri nyinshi i Mushaki Ngungu n’izindi, uyu munsi ntabwo zaje kubera intambara. Abacuruzi bahisemo kugenda inzu ku yindi kubera impamvu z’umutekano wabo. Mu turere twigaruriwe na M23, kugirango winjize inka, ugomba kwishyura 20 $. Ibi bituma abacuruzi bongera igiciro kugira ngo bagaruze amafaranga yakoreshejwe.”

Kugira ngo bakwepe umusoro, bamwe bahitamo kunyuza inka zabo mu kiyaga cya Kivu.

Usibye igiciro cy’inyama z’inka cyamaze kuzamuka, inka nzima yavuye ku madolari 300 igera kuri 700 $ cyangwa 750 $ mu mujyi wa Goma.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

6 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago