AMATEKA

Perezida Macron yongeye kuvuga ko igihugu cye cyakoze amakosa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko igihugu cye n’inshuti zabwo byo mu Burengerazuba bw’Isi n’ibyo muri Afurika byashoboraga guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko nta bushake byigeze bigira.

Yavuze ibi mbere gato y’uko u Rwanda n’Isi byibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nta na rimwe, mu mateka y’imibanire hagati y’Ubufaransa n’u Rwanda, umukuru w’igihugu cy’Ubufaransa yigeze yemera uruhare rw’igihugu cye muri jenoside yakorewe abatutsi igahitana abarenga miliyoni.

Aba bishwe hagati ya Mata na Nyakanga 1994.

Ku cyumweru tariki ya 7 Mata, umunsi wo kwibuka iyi jenoside ku nshuro ya 30, Emmanuel Macron ntazagera i Kigali – ahubwo azaba ahagarariwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Stéphane Séjourné.

Nk’uko Élysée ibitangaza, ngo perezida w’Ubufaransa azashyira hanze amashusho ku mbuga nkoranyambaga ku munsi wo kwibuka, azibutsa ko “igihe gutsemba burundu abatutsi byatangiraga”, umuryango mpuzamahanga wabimenye ntiwagira icyo ukora kandi ko Ubufaransa n’ibihugu byunze ubumwe by’iburengerazuba n’Afurika bashoboraga guhagarika Jenoside ariko nta bushake bagize”.

Ku ya 27 Gicurasi 2021, ubwo yageraga i Kigali, Emmanuel Macron yameye “uruhare” rw’Ubufaransa muri jenoside yakorewe abatutsi. Icyo gihe yatangaje ko Ubufaransa bwatumye “guceceka biganza igihe kinini ntihashakwa ukuri”.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago