AMATEKA

Perezida Macron yongeye kuvuga ko igihugu cye cyakoze amakosa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko igihugu cye n’inshuti zabwo byo mu Burengerazuba bw’Isi n’ibyo muri Afurika byashoboraga guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko nta bushake byigeze bigira.

Advertisements

Yavuze ibi mbere gato y’uko u Rwanda n’Isi byibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nta na rimwe, mu mateka y’imibanire hagati y’Ubufaransa n’u Rwanda, umukuru w’igihugu cy’Ubufaransa yigeze yemera uruhare rw’igihugu cye muri jenoside yakorewe abatutsi igahitana abarenga miliyoni.

Aba bishwe hagati ya Mata na Nyakanga 1994.

Ku cyumweru tariki ya 7 Mata, umunsi wo kwibuka iyi jenoside ku nshuro ya 30, Emmanuel Macron ntazagera i Kigali – ahubwo azaba ahagarariwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Stéphane Séjourné.

Nk’uko Élysée ibitangaza, ngo perezida w’Ubufaransa azashyira hanze amashusho ku mbuga nkoranyambaga ku munsi wo kwibuka, azibutsa ko “igihe gutsemba burundu abatutsi byatangiraga”, umuryango mpuzamahanga wabimenye ntiwagira icyo ukora kandi ko Ubufaransa n’ibihugu byunze ubumwe by’iburengerazuba n’Afurika bashoboraga guhagarika Jenoside ariko nta bushake bagize”.

Ku ya 27 Gicurasi 2021, ubwo yageraga i Kigali, Emmanuel Macron yameye “uruhare” rw’Ubufaransa muri jenoside yakorewe abatutsi. Icyo gihe yatangaje ko Ubufaransa bwatumye “guceceka biganza igihe kinini ntihashakwa ukuri”.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago