INKURU ZIDASANZWE

Abayisilamu mu Rwanda babujijwe kwidagadura ku munsi wa Eid Al-Fitr

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 10 Mata 2024, ari umunsi w’ikiruhuko cyo kwizihiza Eid al-Fitr no gusoza Ukwezi Gutagatifu kwa Ramadhan ku Bayisilamu.

Advertisements

Ubutumwa bw’integuza bwatanzwe n’ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwashyizweho umukono na Mufti w’u Rwanda Sheikh Hitimana Salim, bugaragaza ko umunsi mukuru usoza igisibo cy’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan “Eidil Fitri 2024”, uzaba ku wa Gatatu tariki ya 10 Mata 2024.

Isengesho ry’uwo munsi rizabera i Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium guhera saa kumi n’ebyiri n’igice za mugitondo (6:30).

Ubuyobozi bwa Abayisilamu mu Rwanda bwatangaje ko kubera igihugu kiri mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi nta birori byo kwishima no kunezerwa bizaba nk’uko byari bisanzwe ku munsi wo gusoza igisibo wa Eid al Fitr (irayidi) kuri uyu wa Gatatu.

“Ibijyanye n’ubusabane n’uburyo twajyaga twizihiza ntabwo byemewe kuko hari amabwiriza ahari agaragaza ko bitemewe kuko turi mu gihe cy’icyunamo. Abayisilamu bakwiriye kubyitwararika bagakora gahunda zijyanye no gusenga.”

Byongeyeho ko “Isengesho ry’irayidi rizaba mu gitondo kugira ngo rishobore no gufasha n’izindi gahunda zihari zijyanye no kwibuka.”

Mufti w’u Rwanda Sheikh Hitimana Salim yavuze ko Abayisilamu bagomba gukurikiza amabwiriza yatanzwe na MINUBUMWE muri ibi bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago