IMYIDAGADURO

Amanda wari warazinutswe ibyo gukundana n’abakobwa bagenzi be yasubiriye-AMAFOTO

Isimbi Amanda wakanyujijeho ubwo yabaga igisonga cya Nyampinga w’ishuri ry’imari n’Amabanki (SFB) yongeye gushudikana mu rukundo n’umukobwa mugenzi we.

Advertisements

Uyu Amanda waruherutse gutangaza ko yazinutswe gukundana n’abakobwa bagenzi be akomeje kuryoherwa n’urukundo n’uwo bigeze n’ubundi gukundana ariwe Amollo Karol ukomoka mu gihugu cya Uganda.

Amakuru ahari n’uko Amanda wabyaranye umwana w’umukobwa n’umukinnyi w’umukino w’intoki (Basketball) APR BBC Wamukota Bush ariko bakaza gutandukana mu mwaka 2022, kuri ubu ari kubarizwa i Kampala aho yasanze uwo mukobwa mugenzi we yihebeye.

Umwana Amanda yabyaranye na Bush Wamukota ukinira APR BBC

Nk’uko akomeza kubigaragaza ku mafoto n’amashusho ashyira ku rubuga rwe rwa Instagram, Amanda Darling urukundo rurenda ku musaza. 

Akenshi akunze gushyiraho arikumwe n’uyu mukobwa bashuditse basohokeye ahantu hatandukanye kandi hahenze bafatanye akaboko ku kandi bituma benshi bakomeza kwibaza byinshi kuri uyu mukobwa wigeze kwambikwa ikamba ry’ubwiza.

Mu mwaka 2023, Amanda yari yagaragaye arikumwe na Amollo Karol ukomoka mu gihugu cya Uganda, ndetse urukundo rwabo rwavugishije benshi, gusa ntibyaje kuramba kuko mu gihe cy’uwo mwaka baje gucana umubano kugeza ubwo Amanda ubwe agiye mu itangazamakuru akemeza ko yamaze kuzinukwa gukunda n’abakobwa bagenzi be.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

1 hour ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago