INKURU ZIDASANZWE

Goma: Umurambo w’umusore wabonywe urerembera hejuru y’amazi

Mu Mujyi wa Goma hakomeje kubera impfu za hato na hato zikomeje kwibazwaho na benshi, aho abaturage batakamba kubera uburyo barimo kwicwa mu buryo budasobanutse.

Advertisements

Byarushijeho gukara ku munsi w’ejo hashize taliki 14 Mata 2024, ubwo umurambo w’umusore warerembaga mu kiyaga cya Kivu ku mwaro w’ahazwi nka Bisengimana port.

Aya makuru yamenyekanye nyuma y’uko umuyobozi wa sosiyete Sivili muri Goma atanze impuruza avuga ko yiboneye ubwe umurambo w’uwo musore.

Amakuru dukesha ibinyamakuru byo muri RD Congo bitangaza ko inzego zitandukanye zaba iz’ubuyobozi n’izumutekano zahise zihagera, zitangira iperereza kucyahitanye uwo musore utamenyekanye umwirondoro we.

Ni mu gihe kuwa Gatandatu w’icyo cyumweru kandi nabwo undi murambo w’umubyeyi uri mu kigero cy’imyaka 60, yasanzwe mu gace ka Kiziba2 bicyekwa ko yishwe.

Kuri uwo munsi nabwoumumotari yarashwe ku manywa y’ihangu ahasiga ubuzima.

Mbere yaho nabwo mu gihe kitarenze iminsi 10 muri Goma nabwo abantu 10 barishwe bamwe barashwe abandi batewe amabuye.

Umwe mu basirikare ba FARDC ushinjwa kwica arashe abantu batatu bafatiraga amafunguro mu gace kazwi nka Madjengo we yarafashwe arafungwa ndetse akatirwa kwicwa no gutanga ihazabu ibihumbi 50 by’amadorari ya Amerika.

Urubyiruko rw’abanyagihugu bazwi nka Wazalendo bakunze gushinjwa gukorana bya hafi na FDLR nayo yashyizwe mu majwi muri ubwo bwicanyi. Mu nama yabaye ku wa gatanu w’icyo cyumweru , ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru bwategetse ko nta mu Wazalendo n’umwe uzongera kuzenguruka umujyi wa Goma afite imbunda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago