IMYIDAGADURO

Amanda wari warazinutswe ibyo gukundana n’abakobwa bagenzi be yasubiriye-AMAFOTO

Isimbi Amanda wakanyujijeho ubwo yabaga igisonga cya Nyampinga w’ishuri ry’imari n’Amabanki (SFB) yongeye gushudikana mu rukundo n’umukobwa mugenzi we.

Uyu Amanda waruherutse gutangaza ko yazinutswe gukundana n’abakobwa bagenzi be akomeje kuryoherwa n’urukundo n’uwo bigeze n’ubundi gukundana ariwe Amollo Karol ukomoka mu gihugu cya Uganda.

Amakuru ahari n’uko Amanda wabyaranye umwana w’umukobwa n’umukinnyi w’umukino w’intoki (Basketball) APR BBC Wamukota Bush ariko bakaza gutandukana mu mwaka 2022, kuri ubu ari kubarizwa i Kampala aho yasanze uwo mukobwa mugenzi we yihebeye.

Umwana Amanda yabyaranye na Bush Wamukota ukinira APR BBC

Nk’uko akomeza kubigaragaza ku mafoto n’amashusho ashyira ku rubuga rwe rwa Instagram, Amanda Darling urukundo rurenda ku musaza. 

Akenshi akunze gushyiraho arikumwe n’uyu mukobwa bashuditse basohokeye ahantu hatandukanye kandi hahenze bafatanye akaboko ku kandi bituma benshi bakomeza kwibaza byinshi kuri uyu mukobwa wigeze kwambikwa ikamba ry’ubwiza.

Mu mwaka 2023, Amanda yari yagaragaye arikumwe na Amollo Karol ukomoka mu gihugu cya Uganda, ndetse urukundo rwabo rwavugishije benshi, gusa ntibyaje kuramba kuko mu gihe cy’uwo mwaka baje gucana umubano kugeza ubwo Amanda ubwe agiye mu itangazamakuru akemeza ko yamaze kuzinukwa gukunda n’abakobwa bagenzi be.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago