IMIKINO

Burundi: Perezida wa FEBABU Apotre Jean Paul Manirakiza yeguye

Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Burundi Apotre Jean Paul Manirakiza yeguye ku mirimo.

Advertisements

Mu ibaruwa yandikiye ishyirahamwe, Apotre Jean Paul Manirakiza wari waragiye kuri uwo mwanya tariki 8 Kanama 2021, mu myaka itatu yaramaze yavuze ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Ni inshingano yahise anaharira uwari visi-perezida Claver Bacimana nk’uko amategeko abivuga, ni Manda yagombaga gusoza umwaka utaha 2025.

Apotre Jean Paul Manirakiza avuga ko mugihe yamaze ku ntebe y’ubuyobozi mu mukino w’intoki wa Basketball mu gihugu cy’u Burundi yishimira ko yari yiyemeje yabashije kubigeraho.

Ati “Nshobora kwishimira ko intego nari niyemeje nabashije kuzigeraho ariko kandi n’intsinzi yaturutse ku bufatanye igaragarira buri wese.”

Perezida wa FEBABU Apotre Jean Paul Manirakiza yasoje ashimira abagize Inteko rusange, Minisiteri ishinzwe siporo mu gihugu cy’u Burundi, Komite Olempike, n’abafatanyabikorwa ba FEBABU kimwe na FIBA, akaba yifurije amahirwe kumusimbura we.

Uyu muyobozi yeguye kuri uyu mwanya mugihe umwuka utari mwiza mu ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Basketball mu gihugu cy’u Burundi (FEBABU).

FEBABU kandi iherutse guhanwa n’impuzamashyirahamwe y’umukino w’intoki ku Isi FIBA, nyuma y’uko ikipe ya Dynamo BBC yo mu Burundi ikuwe mu marushanwa izira kwanga kwambara imyenda ya ‘Visit Rwanda’ nk’umuterankunga w’irushanwa rya BAL.

Icyo gihe Dynamo BBC yabujijwe guseruka mu kibuga yambaye iyo myenda biturutse ku mwuka mubi mu bigendanye na politike igihugu cy’u Burundi n’u Rwanda bifitanye, ibintu babwiwe ko bidahuzwa na siporo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago