IMIKINO

Rayon Sports yihimuye kuri Bugesera Fc yongera kwisubiza icyubahiro cyayo

Mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Mata, ku kibuga cya Bugesera i Nyamata, Ikipe Rayon Sports yisubije icyubahiro cyayo nyuma yo gutsinda Bugesera FC, ibitego 2-1, byatsinzwe na Ngendahima Eric na Charles BBaale.

Advertisements

Ikipe zombi zagiye kuruhuka Bugesera FC iri imbere n’igitego 1-0, mugice cya kabiri, Rayon igaragaza ko ari ikipe nkuru kuri Bugesera irishyura itsinda n’icya kabiri.

Rayon Sports gutsinda Bugesera, ntabwo bifatwa nk’inkuru ikomeye ariko kubera ko yari yatsindiwe i Kigali umukino ubanza mu gikombe cy’Amahoro byatumye habaho kwikanga ko Bugesera FC ishobora kuyitsinda imikino 3 ikurikiranye bagomba gukina. 

Gutsindwa kwa Bugesera FC muri Shampiyona birayishyira mu mibare igoye kugira ngo itamanuka mu cyiciro cya 2, kuko iri mu myanya ibiri y’amakipe ashobora kumanuka.

Ikibazo cyo kwibaza ese ibyo Rayon ikoze izabisubira kuwa kabiri mu gikombe cy’Amahoro, aho nayo isabwa gutsinda 2-0 cyangwa 2-1 igakomeza?

Bugesera FC ntishobora kubura byose? amanota 3 yari ikeneye cyane uyu munsi, igakurwa no mu gikombe cy’Amahoro igasigarana “Amavuta  mu ntoki gusa nk’Umwana watswe Irindazi?”

Rayon idakuyemo Bugesera FC ku wa Kabiri mu gikombe cy’Amahoro uyu mwaka wa Shampiyona yaba ibaye igihombo gikomeye ku ikipe ya Rayon Sports, kuko abafana bayo banyotewe no gukinira kuri Stade Amahoro nshya imikino ya CAF.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago