INKURU ZIDASANZWE

Abantu batatu bari bugamye imvura bagonzwe na Howo

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 Mata 2024, ahagana ku isaha ya Saa Saba z’igicuku zishyira Saa Munani mu Karere ka Nyanza habaye impanuka ikomeye ya Howo yahitanye abantu batatu.

Advertisements

Iyi modoka yakoreye impanuka mu Mudugudu wa Nyarukorera A, Akagari ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana, mu gace kitwa i Mugandamure mu karere ka Nyanza, aho ikamyo yo mu bwoko bwa Howo, yahitanye batatu barimo abanyerondo babiri n’uwari uyitwaye.

Bivugwa ko uwari kumwe n’umushoferi [tandiboyi] we yakomeretse ajyanwa kwa muganga, we n’umunyerondo umwe. Polisi y’igihugu ishami ryo mu muhanda ivuga ko iyo mpanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi w’umushoferi.

Abanyerondo bagonzwe bari bugamye imvura munsi y’igiti aho iyo modoka yabasanze.

Umuvugizi wa Polisi ishami ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yabwiye Itangazamakuru ko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi umushoferi yagenderagaho.

Polisi isaba abashoferi kwirinda gukorera ku jisho rya polisi cyangwa kuri camera zo mu muhanda ngo niba batabibonye ngo bagendera ku muvuduko mwinshi kuko isaha iyari yose ashobora gukora impanuka bikamugiraho ingaruka, bikaba byanagira ingaruka kubandi bari gukoresha umuhanda bityo nta kwirarara.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago