MU MAHANGA

Gaza: Hamenyekanye andi makuru ku ruhinja ruherutse gukurwa mu Nda ya Nyina yishwe na Bombe

Uruhinja ruherutse gukurwa mu nda ya Nyina wishwe na bombe n’abaganga mu buryo bwatangaje benshi, aho icyo gisasu cyari cyatewe mu gace bari batuyemo ka Gaza mu ntambara ya Israel, uyu mwana byaje kurangira nawe yitabye Imana.

Advertisements

Ibi byabaye mu ijoro ku cyumweru tariki 21 Mata 2024, nibwo hatangajwe inkuru y’umwana w’umukobwa w’uruhinja watabawe n’abaganga ku buryo bw’igitangaza, yakuwe mu nda ya nyina wari umaze kwicwa n’ibisasu byari byatewe n’igisirikare cya Israel kirwanira mu kirere mu Majyepfo ya Gaza, ava mu nda ya nyina ari muzima.

Uyu mwana yari yamaze guhabwa amazina ya Sabreen al-Sakani, abaganga babanje kubaga Nyina mu bitaro bya Rafah ku cyumweru saa sita z’ijoro.

N’ubwo ibintu bimeze nabi aho muri Gaza, ku buryo gutanga ubuvuzi bigoye cyane, ariko ngo abaganga bari bakomeje gukora uko bashoboye bakohereza umwuka mu bihaha by’uwo mwana, bakoresheje ibikoresho bafite, kuko atari ameze neza cyane.

Gusa ibyo bagerageje byose ntabwo uwo mwana yashoboye gukomeza kubaho, kuko na we ngo byaje kurangira apfuye, kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata 2024, ahita anashyingurwa iruhande rwa nyina.

Uyu mwana abaye umwe mu bana 16 bishwe n’ibitero bibiri byagabwe n’Ingabo za Israel zirwanira mu kirere, ku bitaro bya Rafah mu mpera z’icyumweru gishize.

Ni mu gitero cya bombe cyatewe n’igisirikare cya Israel ku nyubako abo basivile bari batuyemo ntihagire abarokoka.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago