INKURU ZIDASANZWE

Burundi: Uwakoraga ubukangurambaga mu ishyaka rya CNDD-FDD yishwe n’abantu bataramenyekana

François Xavier Habonimana, wakoraga umurimo w’ubukangurambaga mu ishyaka riri ku butegetsi mu gihugu cy’u Burundi rya CNDD-FDD bivugwa ko yarashwe mu ijoro ryo ku wa 26 Mata n’abantu bataramenyekana.

Advertisements

Amakuru avuga ko ubwo bwicanyi bwabereye ahitwa Mugitega muri komini ya Bugendana mu ntara ya Gitega (mu Burundi rwagati).

Nyakwigendera w’imyaka 43 y’amavuko yari azwi muri ako gace kuko yari umwarimu wo mu mashuri abanza akabifatanya no gukora ubukangurambaga mu izina ry’ishyaka CNDD-FDD, afatanyije n’itsinda ry’urubyiruko ruzwi nk’Imbonerakure.

Cyriaque Havyarimana, umuyobozi muri ako gace, yagize ati “Ahagana mu ma saa yine z’umugoroba, abantu bitwaje imbunda bateze François Xavier.

Yari nko muri metero eshanu uvuye iwe. Yarashwe amasasu atandatu mu mutwe no mu gituza.”

Abatangabuhamya bavuga ko uyu mugabo yari yaraye asangiye inzoga n’inshuti ze mu kigo cy’ubucuruzi cya Bugendana.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

5 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

5 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

6 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

6 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

6 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

6 months ago