IMYIDAGADURO

Umuhanzi Justin Bieber yavuze ko yicuza gukorana na Wizkid

Umuhanzi mpuzahamanga Justin Bieber aricuza kuba yaremeye kujya mu ndirimbo Essence ya Wizkid, aho ahamya ko kuva yajya muri iyo ndirimbo, muzika ye yahise irangira.

Ni amagambo uyu muhanzi yanditse kuri Instagram ye ati:”Kuva najya mu ndirimbo Essence hamwe na Wizkid, ‘career’ ntiyongeye kumera nk’uko yari imeze.”

Bieber yakomeje avuga ko yicuza kuba yaragiye muri iyo ndirimbo, kuko avuga ko byamwangije cyane.

Essence ni indirimbo yasohotse bwa mbere mu Ukwakira 2020 aho Wizkid yayikoranye na Tems, ikaba imwe mu zigize album ‘Made in Lagos’ y’uyu muhanzi wo muri Nigeria ukunzwe n’abatari bake ku isi.

Muri Kanama 2021 nibwo hasohotse remix y’iyi ndirimbo yiyongereyemo icyamamare Justin Bieber,  bituma irushaho gukundwa na benshi, dore ko na mbere y’uko ayijyamo yari imwe mu zikunzwe mu bice bitandukanye ku isi.

Umuhanzi Justin Bieber ukomoka muri Canada ariko ukorera muzika ye muri Amerika n’ubwo yicuza gukorana indirimbo na Wizkid ukomoka muri Nigeria si ubwa mbere akoranye n’abahanzi baho kuko anagitanye indirimbo n’uwitwa Omah Lay bahuriye mu ndirimbo yitwa ‘Attention’.

Justin Bieber avuze aya magambo yo kwishongora kuri Wizkid amushinja gusubira inyuma muri muzika mugihe nyamara yagiye ku mbuga nkoranyambaga ze akagaragaza urukundo afite indirimbo nshya y’umuhanzikazi Tems yise ‘Love me JeJe’.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago