IMYIDAGADURO

Umuhanzi Justin Bieber yavuze ko yicuza gukorana na Wizkid

Umuhanzi mpuzahamanga Justin Bieber aricuza kuba yaremeye kujya mu ndirimbo Essence ya Wizkid, aho ahamya ko kuva yajya muri iyo ndirimbo, muzika ye yahise irangira.

Advertisements

Ni amagambo uyu muhanzi yanditse kuri Instagram ye ati:”Kuva najya mu ndirimbo Essence hamwe na Wizkid, ‘career’ ntiyongeye kumera nk’uko yari imeze.”

Bieber yakomeje avuga ko yicuza kuba yaragiye muri iyo ndirimbo, kuko avuga ko byamwangije cyane.

Essence ni indirimbo yasohotse bwa mbere mu Ukwakira 2020 aho Wizkid yayikoranye na Tems, ikaba imwe mu zigize album ‘Made in Lagos’ y’uyu muhanzi wo muri Nigeria ukunzwe n’abatari bake ku isi.

Muri Kanama 2021 nibwo hasohotse remix y’iyi ndirimbo yiyongereyemo icyamamare Justin Bieber,  bituma irushaho gukundwa na benshi, dore ko na mbere y’uko ayijyamo yari imwe mu zikunzwe mu bice bitandukanye ku isi.

Umuhanzi Justin Bieber ukomoka muri Canada ariko ukorera muzika ye muri Amerika n’ubwo yicuza gukorana indirimbo na Wizkid ukomoka muri Nigeria si ubwa mbere akoranye n’abahanzi baho kuko anagitanye indirimbo n’uwitwa Omah Lay bahuriye mu ndirimbo yitwa ‘Attention’.

Justin Bieber avuze aya magambo yo kwishongora kuri Wizkid amushinja gusubira inyuma muri muzika mugihe nyamara yagiye ku mbuga nkoranyambaga ze akagaragaza urukundo afite indirimbo nshya y’umuhanzikazi Tems yise ‘Love me JeJe’.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

3 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago