INKURU ZIDASANZWE

Abantu 10 nibo bamaze kwicwa n’ibiza by’imvura mu Rwanda

Minisiteri ishinzwe ubutabazi yavuze ko imvura imaze iminsi igwa cyane hirya no hino mu gihugu imaze guhitana abantu 10 mu gihe cy’iminsi 10 gusa.

Mu bahitanwe nayo, harimo abo muri Rutsiro babiri bapfuye ejo barimo uwagwiriwe n’inkangu ndetse n’uwakubiswe n’inkuba.

Muri Burera, mu murenge wa Rugarama, imvura yaraye iguye kuri uyu wa 29 Mata, yatwaye inzu n’imyaka biturutse ku mazi yavuye mu birunga yinjira mu ngo z’abaturage.

Mukamana Soline, Umuyobozi w’Akarere ka Burera yavuze ko iyi mvura yangije byinshi ndetse ko abaturage bagizweho ingaruka nayo badatuye mu manegeka.

Imiryango 11 yasenyewe nayo mazi igizwe n’abantu barenga 40.

Iyi mvura kandi yatwaye imyaka myinshi y’abaturage irimo Ibirayi, za tungurusumu, ibigori n’ibindi ndetse ngo nta cyaramuwe.

Meya Mukamana yabwiye RBA ati “Turimo gushakisha uburyo twabaha ubutbazi bwihuse,tubashakira aho kuba hanyuma tukazashakisha nyuma uko bazubakirwa.”

Mu bantu bakomeretse harimo mudamu n’umwana w’imyaka itandatu.Aba bari gukurikiranirwa ku kigo nderabuzima cya Rugarama, ntabwo bameze nabi. Ubuyobozi bwabimenye burabaganiriza ndetse bubaha ubufasha.

Ku rundi ruhande, imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye byo mu karere ka Musanze, yatumye umugezi wa Mpenge wuzura.

Kuzura kwawo kwakomye mu nkokora ubuhahirane bw’abatuye mu Murenge wa Muhoza, by’umwihariko abaturage bava mu Kagari ka Cyabararika bajya mu mirimo mu Mujyi wa Musanze.

MINEMA iravuga ko mu minsi ine ya mbere y’ukwezi kwa Gatanu hazagwa imvura nyinshi cyane mu gihugu by’umwihariko mu turere twa Burera,Musanze Rubavu n’ahandi mu ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru.

Abanyarwanda barakangurirwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ibiza ku buryo imvura itabatwara ubuzima bwabo.

Christian

Recent Posts

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

1 day ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

1 day ago

Umuvugizi wa M23 Col. Willy Ngoma yagize icyo avuga kuri Makanika wishwe na FARDC

Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…

1 day ago

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

2 days ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

2 days ago

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…

2 days ago