INKURU ZIDASANZWE

Abantu 10 nibo bamaze kwicwa n’ibiza by’imvura mu Rwanda

Minisiteri ishinzwe ubutabazi yavuze ko imvura imaze iminsi igwa cyane hirya no hino mu gihugu imaze guhitana abantu 10 mu gihe cy’iminsi 10 gusa.

Advertisements

Mu bahitanwe nayo, harimo abo muri Rutsiro babiri bapfuye ejo barimo uwagwiriwe n’inkangu ndetse n’uwakubiswe n’inkuba.

Muri Burera, mu murenge wa Rugarama, imvura yaraye iguye kuri uyu wa 29 Mata, yatwaye inzu n’imyaka biturutse ku mazi yavuye mu birunga yinjira mu ngo z’abaturage.

Mukamana Soline, Umuyobozi w’Akarere ka Burera yavuze ko iyi mvura yangije byinshi ndetse ko abaturage bagizweho ingaruka nayo badatuye mu manegeka.

Imiryango 11 yasenyewe nayo mazi igizwe n’abantu barenga 40.

Iyi mvura kandi yatwaye imyaka myinshi y’abaturage irimo Ibirayi, za tungurusumu, ibigori n’ibindi ndetse ngo nta cyaramuwe.

Meya Mukamana yabwiye RBA ati “Turimo gushakisha uburyo twabaha ubutbazi bwihuse,tubashakira aho kuba hanyuma tukazashakisha nyuma uko bazubakirwa.”

Mu bantu bakomeretse harimo mudamu n’umwana w’imyaka itandatu.Aba bari gukurikiranirwa ku kigo nderabuzima cya Rugarama, ntabwo bameze nabi. Ubuyobozi bwabimenye burabaganiriza ndetse bubaha ubufasha.

Ku rundi ruhande, imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye byo mu karere ka Musanze, yatumye umugezi wa Mpenge wuzura.

Kuzura kwawo kwakomye mu nkokora ubuhahirane bw’abatuye mu Murenge wa Muhoza, by’umwihariko abaturage bava mu Kagari ka Cyabararika bajya mu mirimo mu Mujyi wa Musanze.

MINEMA iravuga ko mu minsi ine ya mbere y’ukwezi kwa Gatanu hazagwa imvura nyinshi cyane mu gihugu by’umwihariko mu turere twa Burera,Musanze Rubavu n’ahandi mu ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru.

Abanyarwanda barakangurirwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ibiza ku buryo imvura itabatwara ubuzima bwabo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago