Umuraperi Toomaj Salehi ukomoka muri Iran agiye kwicwa nyuma yo gukora indirimbo inenga ubutegetsi bwa Islam muri iki gihugu.
Mu 2022, nibwo uyu muraperi w’imyaka 33 yakoze indirimbo ayita “Soorakh Moosh” (“Rathole”) ariko birangira imugejeje muri gereza, ku wa 24 Mata 2024 akatirwa urwo gupfa.
Imyigaragambyo karundura mu bihugu byo mu burengerazuba bw’Isi ikaba yafashe intera yamagana ibi uyu muhanzi agiye gukorerwa, aho byemezwa ko ari kuzira ibitekerezo bye bya Politiki.
Ubutegetsi bwa Iran buvugwaho guhonyanga ikiremwamuntu by’umwihariko abaturage bayo, aho ndetse no mu mwaka 2022, umwe mu bakobwa warufite imyaka 22 wari wambaye hijab nabi yaguye mu maboko ya Polisi ibintu byabaje benshi bigatuma bakora imyigaragambyo.
Ku cyumweru bimwe mu bihugu birimo Amerika, Uburayi na Canada, Abaturage baho biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo yamagana ubwicanyi bushaka gukorerwa Salehi.
Salehi kandi yagiye agaragarizwa urukundo rwinshi n’abarimo abaraperi bakomeye ba banyamerika ndetse n’umuryango iharanira uburenganzira bwa muntu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…