INKURU ZIDASANZWE

Abantu 10 nibo bamaze kwicwa n’ibiza by’imvura mu Rwanda

Minisiteri ishinzwe ubutabazi yavuze ko imvura imaze iminsi igwa cyane hirya no hino mu gihugu imaze guhitana abantu 10 mu gihe cy’iminsi 10 gusa.

Mu bahitanwe nayo, harimo abo muri Rutsiro babiri bapfuye ejo barimo uwagwiriwe n’inkangu ndetse n’uwakubiswe n’inkuba.

Muri Burera, mu murenge wa Rugarama, imvura yaraye iguye kuri uyu wa 29 Mata, yatwaye inzu n’imyaka biturutse ku mazi yavuye mu birunga yinjira mu ngo z’abaturage.

Mukamana Soline, Umuyobozi w’Akarere ka Burera yavuze ko iyi mvura yangije byinshi ndetse ko abaturage bagizweho ingaruka nayo badatuye mu manegeka.

Imiryango 11 yasenyewe nayo mazi igizwe n’abantu barenga 40.

Iyi mvura kandi yatwaye imyaka myinshi y’abaturage irimo Ibirayi, za tungurusumu, ibigori n’ibindi ndetse ngo nta cyaramuwe.

Meya Mukamana yabwiye RBA ati “Turimo gushakisha uburyo twabaha ubutbazi bwihuse,tubashakira aho kuba hanyuma tukazashakisha nyuma uko bazubakirwa.”

Mu bantu bakomeretse harimo mudamu n’umwana w’imyaka itandatu.Aba bari gukurikiranirwa ku kigo nderabuzima cya Rugarama, ntabwo bameze nabi. Ubuyobozi bwabimenye burabaganiriza ndetse bubaha ubufasha.

Ku rundi ruhande, imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye byo mu karere ka Musanze, yatumye umugezi wa Mpenge wuzura.

Kuzura kwawo kwakomye mu nkokora ubuhahirane bw’abatuye mu Murenge wa Muhoza, by’umwihariko abaturage bava mu Kagari ka Cyabararika bajya mu mirimo mu Mujyi wa Musanze.

MINEMA iravuga ko mu minsi ine ya mbere y’ukwezi kwa Gatanu hazagwa imvura nyinshi cyane mu gihugu by’umwihariko mu turere twa Burera,Musanze Rubavu n’ahandi mu ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru.

Abanyarwanda barakangurirwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ibiza ku buryo imvura itabatwara ubuzima bwabo.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago