INKURU ZIDASANZWE

Burundi: Perezida Evariste Ndayishimiye yabwiye abenegihugu ko aribo biteza ubukene

Perezida Ndayishimiye Evariste ubwo yitabiraga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo mu Ntara ya Kayanza kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Gicurasi 2024, yabwiye abaturage ko aribo bikuririra ubukene bubugarije.

Advertisements

Umukuru w’igihugu yatunguye abaturage bari bitabiriye uwo muhango avuga ko ubukene bwugarije igihugu cye bukomoka ku bunebwe bw’abenegihugu n’abandi bayobozi batagikunda igihugu.

Ubwo yagezaga ijambo ku mbaga yari iteraniye aho, Prezida Ndayishimiye Evariste yavuze ko ubukene buri mu gihugu buva ku bunebwe bw’abenegihugu ariko kandi ngo hakaba hari abayobozi bamwe usanga bakora akazi bya nyirarireshwa nyamara badakunda igihugu ndetse batacyifuriza n’icyiza.

Ni umuhango wari witabiriwe n’abaturage batandukanye ndetse n’ibigo bya leta n’ibitari ibya leta, aho byigaragaje mu karasisi.

Uhagarariye abakozi mu Burundi, Celestin Nsavyimana, we asanga intandaro y’ibyo byose cyane cyane mu mikorere mibi y’abayobozi iterwa n’uko Leta itabongeje umushahara bityo bigoye ko u Burundi bwava mu bukene.

Icyakora uyu muyobozi yemera ko hari abakoresha bagifite gahunda yo gukoresha ikimenyane mu kazi, bigatera umusaruro mucye mu kazi ariko kandi ngo sicyo kiri imbere mu gukurura ubukene ahubwo umushahara muto niwo nyirabayana.

Umusi mukuru w’abakozi wizihizwa taliki ya 1 Gicurasi, ubusanzwe ufite inkomoko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho mu mwaka 1886, amashyirahamwe y’abakozi yakoraga imyigaragambyo asaba ko amasaha y’akazi yaba umunani.

Iyo myigaragambyo yahitanye abantu benshi ariko icyo baharaniraga barakibonye. Naho uwo musi ukomoka muri Amerika, abanyamerika bo bawizihiza ku munsi wa mbere w’icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa Nzeri.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago