IMIKINO

FERWAFA yakomoje ku gikombe yahaye Rayon Sports kikameneka kitarenze umutaru

Nyuma y’uko ikipe ya Rayon Sports y’Abagore ishyikirijwe igikombe yarimaze gutsindira mu irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro kigahita cyangirika, Perezida wa FERWAFA Munyentwali Alphonse yabivuye imuzi.

Ubwo Rayon Sports yari imaze gutsinda Indahangarwa ibitego 4-0 mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, yahawe igikombe cyangirikira mu birori byo kucyishimira aho hari ibice bimwe byacyo byaguye hasi.

Ku kibazo cy’iki gikombe, Perezida wa FERWAFA yabigarutseho aho yagize ati “Hari iburo ihuza igice cyo hasi n’icyo hejuru, ni yo yafungutse ubwo bagitereraga hejuru. Yarafunzwe, barongera baragisubizwa.”

Mu bindi byagarutsweho harimo ikibazo cy’imisifurire, aha Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yavuze ko batazihanganira abasifuzi biba amakipe.

Ati “Ku cy’abasifuzi nta miyaga [kwihangana]. Guhana byo tuzahana ariko tunashyireho uburyo butuma bishoboka.”

Komiseri w’Imisifurire, Hakizimana Louis, yavuze ko muri iyi minsi bagongwa no kuba bafite abasifuzi bake, by’umwihariko abari mpuzamahanga.

Ati “Tuzahana, ariko turahana cyane. Ibihano byacu biba ari ukwigisha. Hari igihe tubategurira imyitozo ngo bikosoke. Ku byo guhagarika umusifuzi umwaka, kugira ngo wongere gutegura undi ujya kuri urwo rwego ntibiba byoroshye.”

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Kalisa Adolphe ’Camarade’, yavuze ko kuba barahannye Umutoza wa AS Kigali WFC, Ntagisanimana Saida wakubise Rwaka utoza Rayon Sports WFC, byari mu bubasha bwabo kuko nta gihe cyari gihari ku buryo Akanama k’Imyitwarire katerana kandi hari undi mukino yashoboraga gutoza.

Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yavuze ko hari amakosa arimo “ruswa” badahana kubera kubura ibimenyetso.

Yasabye abakinnyi, abatoza n’abafana ko bagomba kujya bitwara neza, bakirinda imirwano n’ubugizi bwa nabi.

Christian

View Comments

  • Inkuru yanyu yari nziza ariko irakennye, musubire mu bigize inkuru kuko nkubu hari ibiburamo, nkub mutubwiye ibyo aba bayobozi ba FERWAFA bavuze ariko se babivugiye he?

    ni mu kiganiro n'abanyamakuru, ni ikiganiro mwagiranye cyihariye, ese ni inkuru mukesha ikindi kinyamakuru ( aha nkibaza impamvu mwaba mutakivuze)
    mugerageze mukore kinyamwuga
    Ikindi nabasaba mugerageze web yanyu mukosore urayifungura hakaza ibindi bishobora gutuma mubura abantu,
    musitare amano

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

21 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago