Polisi ishami rishinzwe ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ryemeje ko rigiye gutangira gukoresha ibizamini hifashishijwe ikoranabuhanga bigomba gutangirana n’uku Kwezi kwa Gicurasi.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara Polisi yemeje ko guhera tariki 6 Gicurasi 2024, izatangira gukoresha ibizamini hifashishijwe ikoranabuhanga mu Kigo gishya giherereye mu Busanza mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza.
Ibizamini bizajya bikorerwa muri iki kigo gishya ni uruhushya rw’agateganyo n’impushya za burundu mu rwego rwa A, B, C, D, D1.
Ndetse abiyandika bakaba banyura ku rubuga rw’Irembo ndetse kwiyandika bikaba biri butangirane na tariki 3 Gicurasi 2024.
Polisi kandi yibutsa ko abiyandika gukorera ibyo bizamini bagomba kubahiriza amasaha bahawe biyandikisha akagenda yitwaje indangamuntu y’umwimerere.
Iki Kigo gitangiye gahunda nshya yo gukoresha ibizamini hifashishijwe ikoranabuhanga mugihe iyi gahunda iherutse kwemezwa mu nama y’Abaminisitiri yateranye mu mpera z’uku Kwezi kwa Mata 2024.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…