Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, kuwa 05/05/2024 Abantu bataramenyekana baraye bateye za Grenade mu tubari tubiri muri Quartier Gikizi ya Zone Kamenge Komine ntahangwa mu mujyi wa Bujumbura.
Abaturage babonye uko byagenze bemeza ko babonye abantu baje n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux Double Cabine ifite ibirahuri bitabona,(voiture Toyota Hilux à vitre teintée) bahita bava muri iyo modoka, batera za grenade zikomeretsa abantu benshi bari bataramiye muri utwo tubari.
Ababonye uko byagenze, baravuga ko ntawapfuye muri ako kanya, ariko hakomeretse benshi cyane,bamwe bahise bajyanwa kuvurirwa ku bitaro biri hafi y’ahabereye ubwo bugizi bwa nabi.
Abantu baba muri Karatsiye Gikizi ya zone Kamenge, batashimye ko amazina yabo amenyekana, bemeza ko ibyo byakozwe n’imbonerakure, kuko arizo zahawe intwaro kandi ari nazo zizenguruka mu ijoro ahantu hose.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…