IMYIDAGADURO

Harmonize ari kwikomanga mu gatuza nyuma yo guca agahigo ka Diamond Platnumz

Umuhanzi wamamaye muri Tanzania Harmonize ari kwicinya icyara muri nyuma yo aciye agahigo kari gafitwe na Diamond Platnumz aho yujuje Miliyoni 100 kuri Audiomack.

Konde Boy [ Abdul Rajabu Kahali aka Harmonize ], nyuma yo guca aka gahigo yabaye umuhanzi wa Kabiri muri Afurika y’Iburasirazuba nyuma ya Diamond Platnumz.Aba bahanzi bombi bahise bashimangira ubudahangarwa bwabo muri muzika ya Afurika y’Iburasizuba.

Umuziki wa Harmonize ntabwo wakunzwe kuri Radiyo gusa, ahubwo no mu Bitaramo, ku mbuga nkoranyambaga no mu buzima busanzwe bw’abaturage zimwe mu ndirimbo ze zigeramo.Muri muzika ya Afurika y’Iburasirazuba , Harmonize na Diamond Platnumz nibo bagabo basa n’abikubira imyidagaduro ukongeraho na Rayvanny nawe wo muri iki gihugu.

Kuri ubu Diamond Platnumz niwe uyoboye Afurika y’Iburasirazuba kuri Audiomack na 18 z’abumvise indirimbo ze kuri uru rubuga.Indirimbo ‘Single Again’ ubwayo yumviswe inshuro Miliyoni 103 ari nayo yafashije Album ye ‘Visit Bongo’ kwamamara.

Haba muri Tanzania n’ahandi, umuziki wa Diamond Platnumz na Harmonize uguma mu ihangana.

Mu minsi yatambutse nyuma y’aho Diamond Platnumz atangarije ko agiye gutegura igitaramo cye bwite cyo kwishimira imyaka amaze muri muzika, yatangaje ko Harmonize na Rayvanny ari abana be abandi bakaba abuzukuru be.Byakuriwe n’andi magambo yatangajwe na Harmonize ubwe bituma abantu bakomeza kwibaza ku mubano wabo bombi muri muzika.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago