AMATORA

NEC yemeje Paul Kagame, Frank Habineza na Mpayimana nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida

Kuri uyu wa Kane tariki 8 Kamena 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Advertisements

Kandidatire zemejwe ni iya Kagame Paul watanzwe nk’umukandida n’Umuryango FPR- Inkotanyi, Habineza Frank wa Green Party na Mpayimana Philippe watanze kandidatire nk’umundida wigenga. Aba n’ubundi nibo bari biyamamaje mu matora aheruka mu mwaka wa 2017.

Hatangajwe kandi kandidatire zitemewe by’agateganyo bitewe n’impamvu zitandukanye zishingiye ku kutuzuza ibyasabwaga.

Kandidatire zitemewe ni iya Manirareba Herman, Hakizimana Innocent, Barafinda Sekikubo Fred, Mbanda Jean, Rwigara Diane na Manirareba Herman.

Abakandida batujuje ibisabwa ntibemerewe kubyuzuza kuko igihe bahawe cyari tariki ya 30 Gicurasi 2024.

Abakandida batanyuzwe n’icyemezo cya Komisiyo y’igihugu y’amatora basaba ubusobanuro, bakwiriye kugana Komisiyo y’Igihugu y’Amatora bitarenze iminsi itanu.

Nyuma yo gutangaza kandidatire zemejwe by’agateganyo, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 60 y’Itegeko Ngenga rigenga amatora, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko umukandida

utujuje ibisabwa afite iminsi itanu (5) y’akazi yo kubyuzuza, ahereye ku wa gatanu tariki ya 07/06/2024 kugeza ku wa kane tariki ya 13 Kamena 2024.

Ni mugihe gutangaza kandidatire zemejwe burundu ari ku wa 14 Kamena 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

5 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

5 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

6 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

6 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

6 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

6 months ago